Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2025 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Icyanya cy'inganda cya Bugesera mu Murenge wa Gashora, Akagari ka Ramiro.
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda, cyatangaje uko ikinyuranyo hagati y’ibyo u Rwanda rwohereje n’ibyo rwatumije mu mahanga gihagaze mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Iyo mibare iba igamije gusobanurira abaturage uko ibikorerwa mu nganda z’igihugu cyabo byoherezwa hanze ugereranyije n’ibyo gitumiza yo.

Nk’ubu mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize(2024).

Mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2025, ibicuruzwa byose u Rwanda rwohereje mu mahanga byari bifite agaciro ka Miliyoni $ 1,735.8, bikagaragaza igabanuka rya 13% ubaze uhereye mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka.

Imibare irambuye yerekana ko ibyavuye mu nganda cyangwa mu buhinzi bikoherezwa i mahanga ariko bikomoka mu Rwanda byari bifite agaciro ka Miliyoni $ 346.04, ak’ibyaturutse mu mahanga bikongera koherezwa mu yandi mahanga kagera kuri Miliyoni $ 142.41 naho ak’ibyinjiye mu Rwanda kageze kuri Miliyoni $ 1,247.39.

Ikigo cy’u Rwanda cy’ibarurishamibare cyarabaruye gisanga mu gihembwe kivugwa aha, ibyo Rwanda rwohereje mu mahanga byose byaragabanutseho 35.64% ugereranije n’igihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2024 (aho agaciro kageraga kuri Miliyoni $ 346.04 na Miliyoni $ 537.64), gusa nanone kagabanutseho 28.03% ugereranije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka wa  2025.

Ibyo iki kigo kivuga kandi birimo ko ibicuruzwa u Rwanda rwatumije mu mahanga byose byaragabanutse ku kigero cya 20.50% mu gihembwe cya kabiri cya 2025 ugereranyije n’igihembwe nk’iki cy’umwaka wa 2024, binagabanukaho 9.55% mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Mu burya busa n’ubu, ibyaturutse mu mahanga bikongera koherezwayo byagabanutseho 13.17% mu gihembwe cya kabiri cya 2025 mu gihe byari byiyongereye ugereranyije n’igihembwe nk’icyo cya 2024 byiyongeraho 5.19% ugereranije n’igihembwe cya mbere cya 2025.

Mu gusesengura ibyo byose, ikigo NISR kivuga ko ibihugu bitanu bya mbere u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa ari Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Ubushinwa, Ububiligi na Luxembourg.

Ibihugu u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa ariko rwakuye ahandi ibiza imbere ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Ethiopia, Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Uburundi n’Ubudage.

Imibare yerekana ko ku bireba ibi bihugu, Repubulika ya Demukarasi ya Congo ubwayo yoherejwemo 94.55% y’ibyabanje kunyura mu Rwanda mbere yo koherezwa mu mahanga, bifite agaciro ka Miliyoni $ 54,56.

Byiganjemo ibiribwa n’amatungo bifite agaciro ka Miliyoni 51.62 $ hagakurikiraho ibikomoka kuri petelori n’ibikoresho bifitanye isano nabyo bifite agaciro ka Miliyoni $ 31.94.

Ubushinwa, Tanzania, Ubuhinde, Kenya na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nibyo bihugu bitanu bya mbere u Rwanda rwatumijemo ibicuruzwa nk’uko raporo ya NISR ibigaragaza.

TAGGED:CongofeaturedIbarurishamibareIbicuruzwaIkigoImibareIngandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 
Next Article DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?