Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impaka Ni Zose Ku Myanzuro Ibiri Yatangajwe Na RDB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Impaka Ni Zose Ku Myanzuro Ibiri Yatangajwe Na RDB

admin
Last updated: 16 July 2021 2:19 pm
admin
Share
Kigali (Rwanda): Rwanda Development Board (RDB) Headquarters. (Photo by: Andia/Universal Images Group via Getty Images)
SHARE

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kuvuga byinshi nyuma y’imyanzuro yatangajwe n’Urwego rw’Iterambere (RDB) ku mabwiriza ajyanye na Guma mu rugo iteganyijwe ku wa 17 – 26 Nyakanga 2021 mu Mujyi wa Kigali n’Uturere umunani.

Umwanzuro wa mbere ni uko resitora zo muri ibyo bice zitemerewe gushyira abantu amafunguro mu ngo cyangwa kuyategurira abayatwara, uwa kabiri ukaba ko Abakerarugendo baturuka mu mahanga bazoroherezwa kubona impushya z’ingendo mu gihe abakerarugendo b’imbere mu gihugu basabwa guteganya ingendo zabo nyuma ya gahunda ya Guma mu rugo.

Kuki impaka zabaye nyinshi?

Resitora

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuzima bwo mu mujyi bugira ibyabwo. Bitewe n’imiterere y’akazi k’umuntu cyangwa ubushobozi bwe, hari benshi batandukanye no guteka ku buryo barya muri Resitora cyangwa Hoteli.

Dusubije amaso inyuma nko kuri Guma mu Rugo yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 18 Mutarama 2021 yashyiriweho Umujyi wa Kigali, mu mabwiriza yahise ashyirwaho harimo irya ‘f’, ryavugaga ko “resitora na café zizajya zitanga gusa serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana.”

Bivuze ko muri iyi minsi 10 iri imbere, abantu biringiraga resitora gusa ngo babashe gukora ku munwa, mu masaha make basigaranye bagomba kwiyegereza ishyiga rya gaz, amashanyarazi cyangwa imbabura, utazi guteka akabyiga.

Ni umwanzuro wafashwe mu gihe resitora zari zimaze igihe zisaba ko zakongererwa amasaha yo kugeza ku bantu ibyo bakeneye, na nyuma ya ya masaha yateganywaga ko ingendo zigomba kuba zarangiye. 

Abacuruza resitora ni bamwe mu bagezweho n’ingaruka zikomeye za COVID-19, bijyanye n’uburyo amabwiriza yakomeje kugenda ahagarika ingendo nyinshi n’abantu bagashishikarizwa gukorera mu ngo. 

- Advertisement -

Uyu mwanzuro wavuzweho byinshi ku mbuga nkoranyambaga.

People are complaining to RDB that they don't know how to cook 😂😂😂

— Chris Irakoze (@iQuitNot) July 15, 2021

Abasiribateri who can’t cook after that RDB tweet prohibiting food delivery: pic.twitter.com/AyuYcYxFCd

— Rutarindwa (@BobbyRuta) July 15, 2021

RDB really said “who’s gonna marry you if you can’t cook?”💀 pic.twitter.com/qeGurbEbJX

— 𝕋𝕙𝕖 𝕙𝕠𝕣𝕞𝕠𝕟𝕖 𝕞𝕠𝕟𝕤𝕥𝕣𝕖𝕤𝕤🫧 (@Skurt_Cobaine) July 15, 2021

RDB said muriga guteka by fire by force💀💀💀💀

— Bazimya Brian (@BrianBazimya) July 16, 2021

RDB said get your frying pans from the cupboard and get to the cooking!
😂😂😂
I am opening an online cooking class for y'all…
Tune in!
We gon start on making tea!
😂😂😂💀💀💀

— Deeeeeeee (@2de_09) July 15, 2021

Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda yemeje ko muri serivisi zizakomeza harimo abakora imirimo yo kugemura ibicuruzwa.

Kubera ko amasoko y’ibiribwa, ubucuruzi bw’inyama, amata n’ibiyakomokaho bizakomeza gukora, amahirwe asigaye ni uguhaha bigatunganyirizwa mu rugo!

Ubukerarugendo

Abantu bamwe ku mbuga nkoranyambaga basa n’abagowe no kwakira uburyo umukerarugendo uturutse mu mahanga ahabwa ikaze, uwo mu gihugu agasabwa kuba aretse.

RDB yatangaje iti “Abakerarugendo baturuka mu mahanga bazoroherezwa mu kubona impushya z’ingendo hubahirizwa amabwiriza ariho yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Ibi kandi birareba hoteli, abatwara abakerarugendo n’abandi bakora imirimo yo gufasha abakerarugendo.”

“Abakerarugendo b’imbere mu gihugu barasabwa guteganya ingendo zabo nyuma ya gahunda ya Guma mu rugo.”

Abantu bagendaga bavuga ko ba mukerarugendo bavuye mu mahanga bazajya basabwa kwipimisha COVID-19, mu gihe n’abo mu gihugu ubwo bushobozi babufite.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yanditse kuri Twitter ko iki cyorezo cya COVID-19 cyatumye hafatwa ibyemezo bikomeye, bitari byifujwe, ariko nta kundi byagombaga kugenda.

Ati “Icya mbere ni ukurokora ubuzima. Guma mu rugo ni iminsi 10 gusa, nyuma yayo ubukerarugendo bw’imbere mu gihugu buzasubukurwa. Abakerarugendo bo mu mahanga bari hano mu gihe gito, ari nayo mpamvu bashyiriweho umwihariko.”

COVID-19 pandemic has caused us to make tough, undesirable but necessary decisions to control its spread. The priority here is to save lives. The lockdown is only for 10 days, after which domestic tourism will resume. International tourists here for limited time hence exception.

— Clare Akamanzi (@cakamanzi) July 16, 2021

Yasubizaga uwitwa Malik wari uvuze ko uriya mwanzuro udakwiye, kubera ko abenegihugu bagomba gushyirwa imbere, bakishimira ibyiza by’ubukerarugendo kimwe n’abanyamahanga.

Biranashoboka ariko ko Guma mu rugo itazamara iriya minsi 10 gusa, ugendeye ku kiganiro Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yaraye ahaye  abanyamakuru kuri wa Kane.

Yavuze ko hagiye gushyirwaho nibura ahantu habiri muri buri kagari hapimirwa COVID-19, cyane cyane mu bice birimo ubwandu bwinshi.

Ati “Tuzongera dusuzume abantu ku munsi wa 9 n’uwa 10, tumenye tuti ’dore ikivuyemo’, ndetse murabizi ko ibyemezo Guverinoma ibifata ishingiye ku makuru aba ahari kandi twese tuba tubona.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, aheruka kuvuga ko hari intego yo gupima abantu 900.000 mu gihe gito kiri imbere. Ni ugutegereza ibizavamo.

International tourists VERY WELCOME.

Domestic tourists: Wait until after lockdown.

Interesting.

— Julius Bizimungu🇷🇼 (@Julio_Bizimungu) July 16, 2021

 

Ibi ubanza ari byo bita gucisha bugufi umwenegihugu imbere y'umunyamahanga. We should decolonise our minds and souls. pic.twitter.com/ap0OkIMkEj

— Janvier POPOTE (@JanvierPopote) July 15, 2021

 

Ok, I need a clarification for this as well. @RDBrwanda does it mean that a foreigner can test then visit Akagera Park but a Rwandan cannot?? https://t.co/ddlmE3ELdu

— Isabelle T2 (@isatitou) July 15, 2021

Dear @isatitou

Considering the short duration International tourists spend in the country, it’s a temporary decision to curb community spread of COVID-19. We encourage domestic tourists who have the opportunity to visit at anytime, to schedule their travel after the lockdown.

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) July 15, 2021

 

 

I think it is about money. If it about limited time, then people who live abroad but were here for their wedding also had limited time, having taken the risk to travel.

— Karemera Dean (@karemeradean) July 15, 2021

I personally think this is a good thing. There's no need to expose Rwandan people to unecessary risks. They can visit anytime. International tourists have a limited time. They have already taken the risk by traveling, permitting them to visit is the fair thing to do.

— Blue Rose (@blueflora52) July 15, 2021

Umuntu wese winjiye mu Rwanda agomba guhita apimwa COVID-19, akabanza gutegereza ibisubizo ari muri hoteli, mbere yo gukomeza gahunda ze.

Gusa abantu baturutse cyangwa banyuze mu Buhinde na Uganda mu minsi irindwi ishize, bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi muri hoteli zirimo Ubumwe Grande Hotel, Landmark Suites Hotel, Corina K. Guesthouse, Colours Club SPA & Garden Resort, Hilltop Hotel, Paradol Boutique Hotel na Best Inn Motel, bakiyishyurira ikiguzi.

 

TAGGED:Clare AkamanziCOVID-19featuredGuma mu RugoRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Tanzania Yasuye U Burundi
Next Article Xiaomi: Urundi Ruganda Rw’Abashinwa Ruhanganye Na Huawei
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?