Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu Guhabwa Urukingo Rushimangira Rwa COVID-19 Byashyizwe Ku Mezi Atatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impamvu Guhabwa Urukingo Rushimangira Rwa COVID-19 Byashyizwe Ku Mezi Atatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2021 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Tharcisse Mpunga, yatangaje ko abantu barimo kwandura coronavirus yihinduranyije ya Omicron bari kugaragaza ibimenyetso biteye impungenge. Ngo  niyo mpamvu hongerewe imbaraga mu gutanga urukingo rushimangira.

Uru rukingo rufatwa nk’urwa gatatu ku bahawe inkingo za Pfizer/BioNTech, AstraZeneca, Moderna cyangwa Sinopharm n’urwa kabiri ku bakingiwe hakoreshejwe urwa Johnson & Johnson (Janssen), rwatangwaga nyuma y’amezi atandatu.

Ni nyuma y’uko ubushakashatsi bwinshi bwari bwerekanye ko nyuma y’ayo mezi ubwirinzi butangwa n’urukingo bugabanuka, cyane cyane mu bantu barengeje imyaka 50, ku bandi bikaba ku gipimo kidakanganye.

Ubu iki gihe cyahindutse, abaturarwanda basabwe kujya gufata urukingo rushimangira nyuma y’amezi atatu gusa bakingiwe byuzuye.

Dr Mpunga yavugiye kuri Televiziyo y’igihugu ko iki cyemezo cyatewe n’ikwirakwira rikomeye rya Omicron, ikomeje kugaragara mu bipimo byinshi bifatwa mu Rwanda kandi igakwirakwira mu gihe gitoya, mu bantu benshi, harimo n’abakingiwe.

Ati: “Ubushakashatsi rero bumaze gukorwa kuri iyi virus burerekana ko ubudahangarwa abantu bari bafite bw’inkingo bafashe mu gihe cyashize budahagije, kugira ngo dushobore guhashya iyi virus mu gihe yaba yatugezemo.”

Ngo bigaragara  nanone ko urukingo rwo gushimangira rutuma ubudahangarwa buzamuka kandi bugatanga icyizere ko abantu bakingiwe iyi virus itabagiraho ingaruka zikomeye, bataremba, kandi n’iyo barwaye bakira vuba.

Dr Mpunga yavuze ko mu Rwanda nta bushakashatsi burakorwa ku buryo iyi virus ishobora kuzahaza abantu bahawe inkingo ebyiri ugereranyije n’abahawe eshatu.

Dr Tharcisse Mpunga akiri umuganga mu bitaro bya Butaro

Gusa ngo ibipimo bikomeza kugaragaza ko ‘abafite inkingo eshatu bafite ubudahangarwa burenze ubw’abafite inkingo ebyiri kuri iyi Omicron.’

Ati: “Ibyo kandi biragaragazwa n’ubu bwandu buguma bwiyongera buri munsi tubona, nubwo abantu bataremba ngo bajye mu bitaro ariko bafite ibimenyetso, bafite umuriro, barababara, ibyo rero bigaragaza ko iyi virus ituma ubwirinzi dufite, abantu bakingiwe mu gihe cyashize budashobora guhangana nayo. Ari byo nyine bituma gutanga doze ya gatatu bifite ishingiro.”

Dr Mpunga yavuze ko kuba igihe cyo guhabwa urukingo rushimangira cyashyizwe ku mezi atatu bidakwiye kugira uwo bitera impungenge.

Yakomeje ati: “Ntabwo twafata icyemezo cyateza ingaruka Abanyarwanda, byose biba bishingiye ku bushakashatsi kandi ni amakuru yizewe ahari.”

Kugeza ubu ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kuzamuka cyane, aho kuri uyu wa Gatatu mu Rwanda habonetse abanduye bashya 2,083, ari nawo mubare munini ugaragaye kuva hatangira kuvugwa iyi virus yihinduranyije.

Nibura 80% by’abaturage barengeje imyaka 12 bamaze guhabwa urukingo rumwe ra COVID-19, mu gihe abakingiwe byuzuye basaga miliyoni 5.4.

Ni mu gihe abahawe urukingo rushimangira ari ibihumbi 147.

TAGGED:featuredMpungaTeleviziyoUbushakashatsiUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 8 Bo Muri Kimihurura Bamaze Gupfa Bikekwa Ko Bazira Inzoga
Next Article Perezida Wa Mozambique Yasuye Ingabo z’u Rwanda Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?