Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Perezida Kagame Atanga K’Ukudaheranwa N’Ibibazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Perezida Kagame Atanga K’Ukudaheranwa N’Ibibazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2023 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abanyeshuri biga mu ishuri ry’imari rya Kaminuza ya Harvard ko burya umugabo ari ukubitwa hasi n’ibibazo ariko ntiyemere kuhahera.

Yari yakiriye itsinda ryabo mu Biro bye, Village Urugwiro.

Kagame avuga ko umuntu, muri kamere ye, ahura n’ibibazo by’uburyo bwinshi kandi hari ubwo bimugusha akagera k’ubutaka.

Icyakora, avuga ko uko ibyo bibazo byaba bingana kose, icy’ingenzi ari uko uwo byakubise hasi, yeguka ntaheranwe nabyo.

Ati: “ Isomo rya mbere…Utitaye ku ngingo y’uko ibibazo runaka byagukubise hasi ndetse hasi cyane, icy’ingenzi ni ukutemera guhera hasi. Shaka uko uhava byanze bikunze.”

Yababwiye ko n’u Rwanda naryo rwaciye muri iyo nzira kuko hari igihe rwigeze kuba umusaka, ntihagira ikintu gisigara gihagaze.

Perezida warwo yabwiye abo Banyamerika ko Abanyarwanda banze ko igihugu cyabo gikomeza kurambarara barahaguruka barakora bakigeza aho kigeze ubu.

Icyo gihe ngo abantu bageraga mu Rwanda cyangwa abarureberaga ahitaruye bibazaga niba igihe kizagera rukeguka.

Bahawe umwanya wo kubaza ibibazo

Si abanyamahanga gusa babivugaga, ahubwo ngo n’Abanyarwanda barabyibazaga.

Paul Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko Abanyarwanda basanze nta kindi cyatuma beguka kitari kwihesha agaciro, bakumva ko igihugu ari icyabo, ko bagomba kukivana ahabi bakagisukura kigasigara ari umucyo.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwari rukeneye ibintu by’ibanze byarufasha kweguka kugira ngo rweme.

Muri byo harimo ukwishyira ukizana kw’Abanyarwanda, bakumva ko bari mu gihugu cyabo aho babyuka bakajya ku ishuri, aho bahinga bakeza, bakabona amafunguro kandi bakivuza.

Perezida Kagame yabwiye abashyitsi be ko kugira ngo ibyo byose bishoboke, byabaye ngombwa ko abayobozi b’u Rwanda bakorana n’abaturage, bakumvikana igikwiye, bakagikorana kikagerwaho.

TAGGED:AbanyamerikaAbanyarwandaAbanyeshurifeaturedIbibazoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turahirwa Moses Yakatiwe Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Next Article U Rwanda Na DRC Congo Bemeranyije Kuri ‘Ejo Hazaza’ H’Impunzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?