Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Umuhanga Aha Guverinoma Y’u Rwanda Mu Gutegura Ba Rwiyemezamirimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Umuhanga Aha Guverinoma Y’u Rwanda Mu Gutegura Ba Rwiyemezamirimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2023 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Jean Paul Mvogo ni umwarimu wa Politiki muri imwe muri Kaminuza zo mu Bufaransa, SciencesPo, Paris. Avuga ko kugira ngo u Rwanda ruzagire ba rwiyemezamirimo beza b’ejo hazaza, ari ngombwa ko abana bakiga mu mashuri abanza bigishwa kuzigama no gukoresha neza umutungo.

Yabivugiye mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo kwitabira inama yahuje abakora mu rwego rw’uburezi barimo abo muri Kaminuza Nyafurika yigisha imibare na Siyansi, abo muri Minisiteri y’uburezi n’abandi.

Inama yahuje bariya bahanga yitwa Bettering Entrepreneurial Training In Africa, ibera muri Kaminuza ya AIMS iri mu Murenge wa Niboye, Akagari ka Nyakabanda  mu Karere ka Kicukiro.

Intego y’iyi nama y’umunsi umwe yari ugukangurira abanyeshuri ba Kaminuza gutangira gutekereza uko bazahanga imirimo, ibyo bitekerezo bikabazamo bakiri ku ntebe y’ishuri.

Ni umushinga Kaminuza ya SciencesPo na AIMS uterwa inkunga na Mastercard Foundation. ugamije ko abanyeshuri batangira gutegura uko baba ba rwiyemezamirimo kandi bigatangira bakiri ku ishuri.

Dr. Jean Paul Mvogo ukomoka muri Cameroun avuga ko ubusanzwe kwiyemeza kuba rwiyemezamirimo ari ikintu umuntu akwiye gutozwa hakiri kare kugira ngo azabikurane.

Avuga ko abantu badakwiye kugira impungenge z’uko nibashora imari bashobora kuzahomba, ahubwo bakamenya ko iyo umuntu ahombye abikuramo isomo.

Ati: “ Abantu ntibari bakwiye gutinya guhomba kuko bashoye ahubwo bakwiye kujya bagerageza bikanga cyangwa bigakunda.”

Yasabye Leta y’u Rwanda gukomereza mu mujyo wo gufasha abakiri bato kugira ubumenyi bwo kwizigamira.

Ngo nibyo byafashije abatuye ibihugu nka Singapore, Amerika…kwiteza imbere, bikaba bigeze aho biri ubu.

Abanyeshuri bitabiriye iriya nama basabye abarimu babo n’abandi babatanze mu kazi ko kwiyemeza imirimo no kwiteza imbere, kubaba hafi bakabaha inama zifatika zizatuma batinyuka.

Bavuga ko n’ubwo kuba rwiyemezamirimo ari ukwiyemeza byinshi kandi bigoye, ariko ngo icy’ingenzi ni ukugira abajyanama beza kandi buri wese agashora aho abona amahirwe.

Umuyobozi muri Kaminuza nyafurika y’imibare na siyansi( AIMS) ushinzwe amasomo witwa Dr. Blaise Tchapnda avuga ko bateguye iriya nama bagamije kwigisha urubyiruko rw’Afurika uko rwakwihangira imirimo kandi ayo masomo akaguka ntagume mu Rwanda ahubwo akagera n’ahandi.

Dr. Blaise Tchapnda

Ni igikorwa kizakorwa muri Cameroun, Ghana na Senegal.

Uwari uhagarariye Minisiteri y’uburezi witwa Dr.Fabien Habimana yashimye ko za Kaminuza zihuje kugira ngo ziganire uko abazigamo batangira gutekereza kuzaba ba rwiyemezamirimo b’ejo hazaza.

Avuga ko bimwe mu byerekana ko Leta y’u Rwanda ishyigikiye iyi gahunda ari uko yashyizeho ibigo nka Rwanda TVET Board n’ibindi bigo bifasha urubyiruko kwiga ubumenyi ngiro no kumva ko kwihangira imirimo bishoboka.

Dr.Fabien Habimana yashimye ko za Kaminuza zihuje kugira ngo ziganire uko abazigamo batangira gutekereza kuzaba ba rwiyemezamirimo

Abanyeshuri bitabiriye iriya nama ni abo muri za Kaminuza zitandukanye zirimo Africa Leadership Univeristy, Kaminuza y’u Rwanda, Carnegie Melon Univeristy na Kaminuza nyafurika y’imibare na Siyansi, AIMS.

Dr. Jean Paul Mvogo yigisha i Paris mu Bufansa muri Kaminuza bita SciencePo, Paris.

SciencesPo, Paris ni Kaminuza yigenga ikorera ahitwa Saint-Germain-des-Près hafi y’Inzu ndangamurage ikomeye ku isi yitwa Musée de Louvre.

Aha kandi niho iyi Kaminuza yashingiwe mu mwaka 1872.

Mu gice yubatswemo, niho hari imwe muri Kiliziya Gatulika za kera cyane mu Bufaransa kuko yashinzwe mu mwaka wa 543 Nyuma ya Yezu Kristu, ni nyuma y’imyaka mike ubwami bw’abami bw’Abaromani busenyutse.

Abari bitabiriye iyi nama bafashe ifoto rusange

Indi nkuru wasoma:

Ikindi U Rwanda Rwakwigira Kuri Singapore

TAGGED:featuredImibareKaminuzaRwandaRwiyemezamirimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga Bya Ukraine
Next Article Ashima Ko Abanyarwanda Barenze Ibibi Byinshi Bahitamo Iterambere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?