Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Za Boeing 737 Max Zatahuweho Ibindi Bibazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indege Za Boeing 737 Max Zatahuweho Ibindi Bibazo

admin
Last updated: 10 April 2021 9:15 am
admin
Share
SHARE

Uruganda Boeing rwakuye ku isoko indege zimwe zo mu bwoko bwa 737 Max, kugira ngo zibanze zikorerwe igenzura ku bibazo by’amashanyarazi zaketsweho.

Uru ruganda kuri uyu wa Gatanu rwatangaje ko ibyo bibazo bigaragara ku ndege zahawe ibigo 16 by’indege. Ntabwo hatangajwe ibyo bigo by’indege, umubare w’indege ibyo bibazo byagezeho cyangwa igihe bizafata ngo igenzura rirangire.

Iryo tangazo rigira riti “Boeing yasabye abakiliya 16 ko bakemura ibibazo by’amashanyarazi bishobora kuba biri ku itsinda rimwe ry’indege za 737 Max mbere y’uko zongera gukoreshwa.”

Boeing yavuze ko ibyo bigo bigomba kugenzura neza imikorere y’uburyo bw’amashanyarazi y’indege, ndetse ngo irimo gukorana n’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iby’indege ngo icyo kibazo gikemurwe.

Ni inkuru mbi itangajwe ku ndege za 737 Max kuko zose zari zimaze amezi 20 ziparitse guhera mri Werurwe 2020, nyuma y’impanuka ebyiri ubwo bwoko bwakoze zigahitana abantu 346.

Nubwo byaje kwemezwa ko Boeing yakemuye ibibazo byaketswe ko ari byo byatumye izo mpanuka ziba, ibihugu byinshi birimo u Bushinwa ntabwo biratanga uburenganzira ko izo ndege zongera kuguruka muri ibyo bihugu.

Ni ibyemezo bimaze guhombya Boeing miliyari $20.

Ikigo Southwest Airlines cyaherukaga kongera kugurutsa indege za 737 Max guhera mu kwezi gushize, cyahise gitangaza ko cyavanye indege 30 muri 58 za 737 Max gifite, kugira ngo zibanze zigenzurwe.

United Airlines yo yatangaje ko iki cyemezo gishya cyagize ingaruka ku ndege 16 muri 30 za 737 Max gifite.

Agaciro k’imigabane ya Boeing Co. ku isoko kahise kagabanyukaho 1%.

TAGGED:737 MaxBoeingfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Bamwe Mu Binjizaga Urumogi Mu Rwanda
Next Article Raporo Y’u Rwanda Izaba Yuzuzanya N’Iy’u Bufaransa – Min. Biruta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?