Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indwara Nizo Zishe Abanyarwanda Benshi Mu Mwaka Wa 2023
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Indwara Nizo Zishe Abanyarwanda Benshi Mu Mwaka Wa 2023

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2024 2:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibikubiye muri Raporo y’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku byahitanye abantu benshi mu Rwanda mu mwaka wa 2023.

Indwara zitandura zirimo kanseri, umutima na diyabete ndetse n’izindi nk’izo nizo zahitanye Abanyarwanda benshi mu mwaka wa 2023.

Imibare igaragaza ko 43% by’abapfiriye mu bitaro n’ibigo nderabuzima bazize indwara zandura, abagera kuri 46% bazira izitandura n’aho abandi 11% bazize izindi mpamvu nk’ibikomere n’imvune.

Mu mpfu zabereye mu ngo no mu miryango, izigera kuri 28.6% zatewe n’indwara zandura, 61.2% ziterwa n’indwara zitandura, mu gihe izindi 10.2% zatewe n’ibikomere n’imvune.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi kigaragara no uko mu mwaka wa 2023 ari bwo Abanyarwanda benshi bapfuye kuko mu mwaka wa 2019 hapfuye 23,771, mu mwaka wa 2020 hapfa 22,634, mu mwaka wa 2021 hapfa 19,797 mu gihe mu 2022 hapfuye 25,567.

Mu mwaka wa 2023 Intara y’Amajyaruguru niyo yaje ku isonga mu gupfusha abantu benshi kuko yihariye abagera kuri 8,271, Umujyi wa Kigali ukagira 7,818, Amajyepfo akagira 6,819. Abapfuye mu Burasirazuba ni 6,135, mu gihe n’aho abo mu Burengerazuba ni 3,509.

Akarere ka Gasabo niko kapfujije benshi kuko gafite abagera kuri 1,682, igakurikirwa na Nyagatare ifite 1,552 na Rubavu ifi

Akapfujije bake ni Nyanza ifite 755, Karongi ifite 769, na Ngororero ifite 797.

Iyi raporo igaragaza ko mu byahitanye Abaturanyarwanda benshi harimo indwara zitandura nka cancer, diabetes, indwara z’umutima, guturika kw’imitsi y’ubwonko n’indwara zijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe.

- Advertisement -

Hari abandi bahitanywe n’indwara nk’igituntu, umusonga, impiswi, malaria n’ibindi bibazo bishobora kwibasira ababyeyi mu gihe babyara na nyuma yaho.

Impanuka zo mu muhanda, kwiyahura n’ubwicanyi bukorerwa mu miryango nabyo byishe Abanyarwanda.

Gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda ni uko abaturage bagomba kugira isuku no kwivuza ku gihe kugira ngo bibarinde imfu za hato na hato.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania: Uyobora Ishyaka ACT-Wazalendo Arateganya Guhangana Mu Matora Na Suluhu
Next Article Ni Iki Cyateje Ibibazo Bya Murandasi Mu Rwanda No Mu Karere?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?