Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabire Victoire Umuhoza Yategetswe Kwitaba Urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Victoire Umuhoza Yategetswe Kwitaba Urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2025 7:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabire Victoire Umuhoza.
SHARE

Umucamanza w’Urukiko Rukuru rwa Kigali yategetse ko Victoire Ingabire arwitaba akabazwa iby’abayoboke bivugwa ko ari ab’ishyaka rye DALFA Umurinzi baregwa gushaka guhirika ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro n’ibindi byaha.

Ubushinjacyaha buvuga ko hari abantu icyenda bagiranye ibiganiro na Ingabire Victoire Umuhoza bavugwa mu rubanza baregwamo umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Buvuga ko Ingabire yateye inkunga abo bantu binyuze mu kubaha amafaranga no kubigisha uko guhirika ubutegetsi bikorwa hadakoreshejwe intwaro.

Ubwo iburanisha riheruka ryabaga kuri uyu wa kabiri, umucamanza yabajije impamvu Victoire agaragara nk’ukuriye umugambi w’ibyaha ubushinjacyaha buregerra ariko bukaba butarigeze bumubaza.

Umushinjacyaha yasubije ko amategeko amwemerera gukurikirana uwo ashaka cyangwa se kuba yahitamo kutamukurikirana.

Me Gatera Gashabana wunganira abaregwa nawe yavuze ko ari ikibazo kuba umushinjacyaha atarabajije abo avuga ko bagize uruhare mu byaha ashinja abakiliya be ahubwo agahitamo gufunga abo yise ko ari abantu boroheje.

Mu baregwa harimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana wafunzwe mu mpera z’umwaka wa 2021.

Abo bantu bafashwe nyuma yo kwitabira amahugurwa yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, ubushinjacyaha bukavuga ko bahugurwaga uburyo abantu barwanya ubutegetsi badakoresheje intwaro.

Ikindi buvuga ni uko abafashwe bose ari abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi rya Victoire Ingabire rikaba ari ryo ryateguye ayo mahugurwa.

Mu baregwa kandi harimo uwitwa Sylvain Sibonama uvugwa ko ari we wari wateguye ayo mahugurwa, abo bose ariko bavuga ko batari abayoboke b’iryo shyaka kandi ko ridafite aho rihuriye n’ayo mahugurwa.

BBC ivuga ko umunyamakuru Nsengimanawe ahakana uruhare mu gutegura ayo mahugurwa yafashwe nk’icyaha kandi akavuga ko n’umunsi wiswe Ingabire Day abaregwa bashinjwa gutegura we yari kuwitabira nk’umunyamakuru.

Abaregwa bashinjwa ko bari bateguye umunsi witwa Ingabire Day uba mu Ukwakira buri mwaka aho abashyigikiye uyu munyapolitike ‘bibuka’ igihe yafungiwe.

Ingabire niyitaba urukiko ntabwo azitaba nk’uregwa muri uru rubanza, gusa ubushinjacyaha bukavuga ko na we cyangwa uwundi bazagira igihe bakurikiranwa bibaye ngombwa.

Ubushinjacyaha burega iri tsinda ryose ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika, guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, kurwanya ububasha bw’amategeko n’icyo kwigaragambya cyangwa gukoresha inama mu buryo bunyuranije n‘amategeko.

Banaregwa guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, gukwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara bigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga no gutangaza amakuru y’ibihuha.

Gupfobya Jenoside nibyo yagaragaje akigera mu Rwanda…

Muri Nzeri, 2018 ubwo yasohokaga Gereza nkuru ya Nyarugenge.

Muri Nzeri, 2018 nibwo Ingabire Victoire Umuhoza yafunguwe nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika, icyo gihe akaba yari asigaje imyaka irindwi ngo arangize igihano cy’imyaka 15 yari yarakatiwe.

Hari nyuma y’’uko Urukiko rw’ikirenga rumuhamije ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’igihugu ndetse no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu kiganiro yahaye BBC yavuze ko ashimiye Perezida wa Repubulika wamuhaye imbabazi ndetse ngo iryo joro ntiyasinziriye kubera ibyishimo.

Yanavuze ariko ko atigeze asaba izo mbabazi kuko ngo nta cyaha yakoze.

Ati: “ Ntabwo nigeze nsaba imbabazi z’ibyaha ntakoze”.

Icyakora yavuze ko izo yasabye ari izo kuva muri gereza kuko yabonaga ko nta mpamvu yo kuguma mo.

Aho agereye hanze, yakomeje ibikorwa bye bya Politiki ariko inzego z’ubuyobozi zatangaje kenshi ko birimo ibigize ibyaha.

Mu mwaka wa 2010 nibwo Ingabire Victoire Umuhoza yaje mu Rwanda aturutse mu Buholandi, avuga ko azanywe no kwiyamamariza kuruyobora.

Bidatinze, yagiye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ahavugira ijambo ryarimo amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ari naryo ryamuviriyemo ibyaha yafungiwe kugeza ubwo Perezida wa Repubulika amuhaye imbabazi mu mwaka wa 2018.

TAGGED:featuredGuhirikaIngabireIshyakaKigaliUbutegetsiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abikorera Basabwe Gushora Mu Buhinzi Buvuguruye
Next Article Amerika: Hari Umujenerali Umwe Bashinze Dosiye Ya Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?