Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo 10,000 Z’u Burusiya Zageze Muri Ukraine Mu Gihe Cy’Amasaha 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo 10,000 Z’u Burusiya Zageze Muri Ukraine Mu Gihe Cy’Amasaha 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2022 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyahoze bifatwa nk’aho ari ugukungata kw’u Burusiya byagaragaye ko u Burusiya bwa Vladmin Putin butivuguruza. Kuva aho Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin ahereye ingabo ze amabwiriza yo kwinjira mu Ntara ebyri za Luhansk na Donetsk, izigera ku 10 000 zimaze kugera yo mu gihe cy’amasaha 12.

Ni itsinda rya mbere kuko u Burusiya bumaze igihe gito bushyize abasirikare 130 000 ku mupaka wabwo na Ukraine.

Mu minsi ishize  abantu bari batangiye gushyira agatima impembero bibwira ko u Burusiya bwasubije abasirikare babwo inyuma ariko uko bigaragara bwari burimo kwisuganya, bubavana hamwe bubajyana ahandi bwabonaga ko ari ho habufasha kurushaho.

Ibifaru by’u Burusiya bwageze muri zimwe mu Ntara za Ukraine

Guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 22, Gashyantare, 2022 ibintu byafashe indi ntera ubwo abasirikare b’u Burusiya bahabwaga amabwiriza yo kwambuka bakajya mu Ntara za Donetsk na Luhansk.

Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Ukraine bwatangaje ko yizewe bufite avuga ko ziriya ngabo mu gihe cy’amasaha 12 zari zimaze kugera mu Ntara twavuze haruguru.

Muri zo ingabo 6000 zoherejwe muri Donetsk, ingabo 5000 zoherezwa muri Luhansk n’aho izindi 1,500 zoherezwa ahitwa Horlivka.

Ubu byitezwe ko Putin ari buhere kuri zo ngabo agatangiza intambara yo ku butaka.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri nibwo abantu babonye ibifaru by’intambara kandi ngo nta gushidikanya ko ari iby’ingabo z’u Burusiya zinjiriye muri Leta ya Donetsk.

Nyuma y’uko bariya basirikare binjiye muri Ukraine hari ibisasu byahise bitangira kuvuga, ndetse hari n’uruganda rwarashweho ruraturika hagwa abagabo babiri abandi 12 barakomereka.

Ibifaru by’u Burusiya byahageze kare

Mu Bwongereza Minisitiri w’ubuzima witwa Sajid Javid yavuze mu Burayi haramutse inkuru mbi nyuma yo kubyukira ku nkuru ivuga ko ingabo za Putin zagiye muri ziriya Ntara kandi Putin akaba yari yabanje kwemeza ko ziriya Ntara ‘zifite ubwigenge.’

Amafoto: Putin Yategetse Ingabo Ze Kwinjira Mu Bice Bya Ukraine

TAGGED:BurusiyafeaturedNtaraPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indwara Ya Macinya Iri Guca Ibintu Muri Cameroun
Next Article Pele Wabaye Icyamamare Ku Isi Mu Mupira W’Amaguru ARAREMBYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?