Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Tchad Muri G5 Zirashinjwa Guhohotera Abagore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Tchad Muri G5 Zirashinjwa Guhohotera Abagore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2021 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu muri Niger yitwa la Commission nationale des droits humains (CNDH) yasohoye raporo ishinja ingabo za Tchad ziri mu kiswe G5 gufata abagore ba Niger ku ngufu.

Iriya Komisiyo ivuga ko ingabo za Tchad zakoreye abagore bo muri Niger ibya mfura mbi ubwo zari mu kazi mu gace kitwa Tillabéri.

Abatangabuhamya bashinja ingabo za Tchad buriya buhemu bavuga ko zabukoreye abagore bo muri kariya gace mbere y’uko zihimuka zikajyanwa mu gace karimo ibikorwa bya gisirikare bise  La Zone des Trois des Frontières.

Si abagore gusa ziriya ngabo zishinjwa guhohorera kuko hari n’umwana w’umukobwa w’imyaka 11 nawe bivugwa ko zahohoteye.

Mu bagore zahohoteye harimo uw’imyaka 23 n’uw’imyaka 32 y’amavuko.

Ikibabaje kurushaho ni uko ngo bariya bagore basambanyijwe abagabo babo bareba.

Abasirikare ba Tchad basambanyije bariya bagore batunze imbunda abagabo babo, ngo uhaguruka cyangwa agateza sakwe sakwe baramurasa.

Ibi bikubiye muri raporo yasohowe na cya kigo gishinzwe uburenganzira bwa muntu twavuze haruguru kiyoborwa na Khalid Ikhiri.

Iriya raporo isaba ko abasirikare bagize uruhare muri biriya bikorwa bagomba kuzagerwa imbere y’inkiko zibifitiye ubushobozi bakabibazwa.

Raporo y’uriya muryango ishinja abasirikare bagize G5(si abo muri Tchad gusa) guhohotera abaturage b’abanyamahoro bakabambura ibyabo.

Jeune Afrique ivuga ko yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Tchad ngo bugire icyo buvuga ku bishinjwa abasirikare bayo ariko ntibyagira icyo basubiza.

TAGGED:AbagoreAbasirikarefeaturedTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyubako ‘Ziteye Nk’Ibigega’ Mu Mishinga Ikomeje Kuzamurwa Ku Kiyaga Cya Kivu (Amafoto)
Next Article Abayahudi Bifurije Abakirisitu Pasika Nziza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?