Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za USA Zigiye Kuvanwa Muri Afghanistan, Ingaruka Ni Izihe?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za USA Zigiye Kuvanwa Muri Afghanistan, Ingaruka Ni Izihe?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2021 2:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15, Mata, 2021 Perezida wa USA, Joe Biden aratangaza ku mugaragaro ko ingabo ze zigiye kuvanwa muri Afghanistan. Biteganyijwe ko zose zizaba zahavuye bitarenze tariki 11, Nzeri, 2021 ubwo USA izaba yibuka ibitero by’iterabwoba byagabwe ku nyubako zayo muri 2001, bikozwe na Al Qaida.

Umwe  mu bayobozi bakuru mu biro bya Biden yabwiye abanyamakuru ko nyuma y’igenzura rirambuye, Biden yanzuye ko ingabo za USA zari zisigaye muri Afghanistan zitahuka.

Yabwiye abanyamakuru ko aba mbere bazatangira kuhavanwa tariki ya 01, Gicurasi, 2021 bakazaba bahavuye bose bitarenze tariki 11, Nzeri, 2021.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Madamu Jen Psaki yavuze ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo Biden ari bubwire abaturage be uko igikorwa cyo gucyura abasirikare be babaga muri Afghanistan kizakorwa.

Psaki avuga ko mu byo Biden ari bubwire abaturage be harimo uko kiriya gikorwa kizagenda, amafaranga bizatwara ndetse n’ibyo USA izakora nyuma yacyo kugira ngo irinde Afghanistan kugwa mu maboko y’aba Talibani.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ese bizagira izihe ngaruka?

Ni ikibazo bamwe badatinya gusubiza bemeza ko bizaba ari ugusiga Afghanistan mu menyo ya rubamba.

Bavuga ko ingabo za Afghanistan zitariyubaka k’uburyo zabasha guhangana n’aba Talibani.

Umwe mu babyemeza ni Bwana Mitch McConnell uyobora Abasenateri b’Aba Republican.

Ikindi gituma abantu bagira impungenge z’uko kugenda kw’Abanyamerika kuzasiga Afghanistan mu bibazo ni uko aba Talibani bataragira icyo batangaza cyerekeranye niba bemera kuzasaranganya ubutegetsi n’ab’i Kabul.

- Advertisement -

Ibi bikiyongeraho ingingo y’uko mu mezi make ashize, bigaruriye ibice bimwe na bimwe bya Afghanistan

Abatalibani baracyateje ikibazo ubutegetsi bw’i Kabul

Muri Manda ya mbere ya Obama, muri Afghanistan habaga abasirikare ba USA ibihumbi 100.

Mu yindi manda y’imyaka ine yakurikiyeho, umubare wabo waragabanutse.

Uwamusimbuye ari we Donald Trump nawe yakomeje kugabanya umubare w’abasirikare ba USA bakorera hanze yayo cyane cyane abo muri Afghanistan.

Mu ntangiriro za 2020 Leta zunze ubumwe z’Amerika zagiranye amasezerano n’aba Taliban yo guha agahenge ubutegetsi bwa Afghanistan, ariko nazo(USA) zigacyura abasirikare bazo.

Aya masezerano ntiyanyuze ubutegetsi bw’i Kabul kuko bwo bwasanze biriya byaha urwaho aba Talibani bakibwihimuraho.

Ubutegetsi bwa Biden bwo bwiyemeje gucyura abasirikare 2 500 bari bikiri muri kiriya gihugu.

N’ubwo hari amakenga y’uko ziriya ngabo nizivayo zose bizaha urwaho abarwanyi b’aba Talibani bakongera kuzengereza ubutegetsi bw’i Kabul, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano muri USA Bwana Lloyd Austin yavuze ko nta mpungenge abantu bagombye kugira kuko USA izakomeza kurinda ibihugu byayo by’inshuti.

Ikindi cyerekana ko USA idashaka gutererana inshuti zayo cyane cyane Afghanistan,  ni uko muri iyi minsi  Bwana Austin na mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken bari mu Bubiligi mu biganiro n’ibihugu bigize OTAN/NATO kugira ngo barebere hamwe uko Afghanistan yazakomeza kurindwa.

Abasirikare 10 000 ba OTAN/NATO bo mu bihugu 36 ubu baba muri Afghanistan.

Umuyobozi w’uyu muryango witwa Jens Stoltenberg arateganya kugirana ibiganiro na Austin na Blinken, bikaba biri bube kuri uyu wa Gatatu tariki 15, Mata, 2021.

Kuva Intambara ya Vietnam yarangira, iyo USA imazemo imyaka muri Afghanistan niyo ndende kugeza ubu.

TAGGED:AfghanistanBidenfeaturedObamaUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Ntibahangayike, Barindiwe Umutekano-RIB
Next Article Sarkozy Yatabaje Polisi Ngo Ifate Abishe Amabwiriza Kuri COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?