Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Zambariye Urugamba Rwo Guhiga Abantu Babiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Zambariye Urugamba Rwo Guhiga Abantu Babiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2021 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gushaka no gufata abantu babiri basigaye batarafatwa, Umugaba mukuru w’ingabo za Israel yavuze ko ziteguye gutangiza ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Jenin kugira ngo bafatwe.

Aba bantu babiri basigaye ni bamwe mu mfungwa zatorotse gereza ya Gilboa iri muri Israel yari ifungiwemo abantu bakoze ibyaha bikomeye barimo n’abanya Palestine bo muri Hamas.

Nyuma y’uko bacitse iriya gereza ikomeye kurusha izindi, muri Israel, inzego zose z’umutekano zambariye kubahiga ndetse kugeza ubu abenshi barafashwe.

Umugaba w’ingabo za Israel  Lt Gen Aviv Kohavi yavuze ko abasirikare be biteguye kwinjira mu gace ka Jenin bagahiga bariya bantu bakabafata ari bazima cyangwa bapfuye.

Ati: “ Imigambi yose yarateguwe, kandi abasirikare biteguye kubyinjiramo nibabidusaba.”

Uko ni ko yabwiye ikinyamakuru N12 cyandikira kuri murandasi.

Avuga ko nibaramuka binjiye muri kiriya gikorwa, bazagikora kugeza kirangiye, bariya bantu bagafatwa n’iyo byasaba amezi menshi.

Si Gen Kohavi ufite icyizere cyo gufata bariya bafungwa gusa kuko n’umuyobozi w’ishami rishinzwe amakuru mu ngabo witwa Second-Lieutenant M abyemeza.

Bamwise ‘M’ mu rwego rwo kumurindira umutekano.

‘M’ avuga ko gufata bariya bantu babiri basigaye bigoye kubera ubunini bw’ahantu bahungiye ariko ngo bafite icyizere cy’uko bazabafata kuko bari kubacungira hafi bakoresheje ikoranabuhanga ryose rishoboka.

Uko bamwe bafashwe:

Nyuma yo gutoroka gereza bayicukuye bagatunguka hanze kure cyane y’aho abarinzi bayo bakorera, hatangiye ibikorwa byo guhiga bariya bafungwa.

Polisi, igisirikare, n’izindi nzego zose z’umutekano zikorera mu ibanga rikomeye zatangiye kubahiga.

Bamwe barafashwe.

Zakaria Zubeidi na Mahmoud Ardah bafatiwe mu igaraje riri mu mudugudu wa Umm el-Ghanam.

Hari ku wa Gatandatu washize.

Mbere y’aho gato, hari abandi barimo Yakoub Mohammed Qadri na Mohammed Ardah bari bafatiwe i Nazareth.

Ubu hari gushakishwa Iham Kamamji na Munadil Nafiyat, bombi bakaba ari abafungwa bahoze mu mutwe w’iterabwoba w’abanya Palestine, bikaba bicyekwa ko bahungiye muri Jenin.

Abafashwe babajijwe uko byagenze kugira ngo bafatwe, bavuga ko bahuye n’ikibazo cy’uko hari abaturage basabye ko babahisha, abandi barabyanga.

Intego yabo yari iyo kwinjira mu Mujyi wa Jenin uri mu gice kitwa West Bank.

Zubeidi yabwiye abakora mu rwego rw’iperereza imbere muri Israel, Shin Bet ko mbere y’uko batoroka bari baramubwiye ko hari umwobo wacukuwe kandi ko igihe nikigera bazatoroka.

Ubwo bari bamaze gutoroka bageze hanze ya mwobo bacukuye, ngo ntibari bafite umugambi usobanutse w’ikindi bari bukurikizeho.

Mu buryo bwihuse, bahise bajya ahitwa Nuara, bahindura imyenda nyuma bajya mu musigiti gusenga, ariko n’aho bagezeyo bangirwa kwinjira kuko bari bafite telefoni zigendanwa.

Ikindi cyaje gutuma batangira gufatwa ni uko baje kunaniranwa kumvikana aho bajya kwihisha, bamwe bati: “ Tujye muri West Bank” abandi bati: “ Reka reka, muze tujye mu bindi bice bya Israel”.

Uku guhuzagurika kwatumye ababahigaga batangira kubafata gahoro gahoro.

Mahmoud al-Arida wacuze umugambi wo gutoroka iriya gereza yabwiye umwunganira mu mategeko witwa Raslan Mahajna ko ari we watekereje umugambi wo gutoroka muri buriya buryo anatekereza ahacukurwa aho ari ho n’uburyo bizakorwa.

Avuga ko bose uko ari batandatu bacukuye uriya mwobo mu mayeri menshi kandi ngo nta muntu wundi wigeze abibafashamo.

Ikindi ngo ni uko batigeze bagira umugambi wo kuzagaba igitero cy’iterabwoba aho ari ho hose muri Israel nyuma yo gucika.

Muri iki gihe rero, ingabo za Israel ziteguye guhagurutsa ibifaro zikinjira muri Jenin gushaka yo bariya babiri basigaye kandi ngo izaba ari intambara ikomeye ishobora kuzabafata ari bazima cyangwa bapfuye.

TAGGED:AbafungwafeaturedGerezaIsraelWest Bank
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda ‘Barenga’ 20 Biciwe Muri Uganda
Next Article Inyubako Ya Rwigara Igiye Gutezwa Cyamunara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?