Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2024 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Nyakinama mu Karere ka Musanze haraye habereye ibirori byitabiriwe n’abasirikare bakuru bari bamaze iminsi bahahugurirwa. Byaranzwe no kwerekana ibiranga imico y’aho baturutse mu bihugu 11 by’Afurika. Ab’u Rwanda bo barekanye byinshi birimo no kubuguza.

Si imikino gusa, ahubwo herekanywe n’imyambarire gakondo, imbyino gakondo, uko bateka, uko batabarana n’ibindi biranga imico nyafurika.

Abasirikare bose hamwe berekanye ibiranga imico y’iwabo bari abantu 49 bakaba bari bamaze igihe gito bitabira amasomo y’abofisiye bakuru mu ngabo basanzwe baherwa mu Ishuri rikuru ry’ingabo z’u Rwanda rikorera i Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Uretse guhanahana ubumenyi ku mico iranga iwabo wa buri musirikare, ibi birori byabaye n’uburyo bwo gusabana no gukomeza umurunga ubahuza nk’abanyeshuri basanzwe ari abasirikare bakuru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’iri shuri rikuru Brigadier General Andrew Nyamvumba mu ijambo yahavugiye.

Yagize ati: “ Umunsi wo kwerekana imico y’iwacu watekerejweho kubera uruhare tuzi umuco ugira mu mibanire y’abantu ndetse no mu gusangira ubumenyi n’ibitekerezo buri gihugu kihariye. Inshingano z’iri shuri ni ugutanga ubumenyi bwubaka umusirikare kandi muri bwo harimo n’umuco.”

Ibi kandi byemezwa n’umwe mu banyeshuri bo muri iri shuri witwa Col Pascal Munyankindi.

Avuga ko mu kwerekana uko imico yabo iteye, abo basirikare baboneraho uburyo bwiza bwo kumenyana mu buryo bwagutse kurushaho.

Uko kumenyana niko gutuma bamwe bigira ku bandi, ibyiza bya bamwe bikabera urugero abandi.

- Advertisement -

Abasirikare bitabiriye ibi birori ni abo muri Botswana, Ethiopia, Kenya, Malawi, Nigeria, Senegal, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia n’u Rwanda.

Indyo ya Ethiopia
Nigeria nayo yamuritse ibyiganje mu muco wabo
Abanyarwanda mu mbyino gakondo nyarwanda
TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboNyakinamaNyamvumbaUmuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza
Next Article Isi Mu Mwaka Wa 2024 Izaba Ibishye Kurushaho-UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?