Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2024 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Nyakinama mu Karere ka Musanze haraye habereye ibirori byitabiriwe n’abasirikare bakuru bari bamaze iminsi bahahugurirwa. Byaranzwe no kwerekana ibiranga imico y’aho baturutse mu bihugu 11 by’Afurika. Ab’u Rwanda bo barekanye byinshi birimo no kubuguza.

Si imikino gusa, ahubwo herekanywe n’imyambarire gakondo, imbyino gakondo, uko bateka, uko batabarana n’ibindi biranga imico nyafurika.

Abasirikare bose hamwe berekanye ibiranga imico y’iwabo bari abantu 49 bakaba bari bamaze igihe gito bitabira amasomo y’abofisiye bakuru mu ngabo basanzwe baherwa mu Ishuri rikuru ry’ingabo z’u Rwanda rikorera i Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Uretse guhanahana ubumenyi ku mico iranga iwabo wa buri musirikare, ibi birori byabaye n’uburyo bwo gusabana no gukomeza umurunga ubahuza nk’abanyeshuri basanzwe ari abasirikare bakuru.

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’iri shuri rikuru Brigadier General Andrew Nyamvumba mu ijambo yahavugiye.

Yagize ati: “ Umunsi wo kwerekana imico y’iwacu watekerejweho kubera uruhare tuzi umuco ugira mu mibanire y’abantu ndetse no mu gusangira ubumenyi n’ibitekerezo buri gihugu kihariye. Inshingano z’iri shuri ni ugutanga ubumenyi bwubaka umusirikare kandi muri bwo harimo n’umuco.”

Ibi kandi byemezwa n’umwe mu banyeshuri bo muri iri shuri witwa Col Pascal Munyankindi.

Avuga ko mu kwerekana uko imico yabo iteye, abo basirikare baboneraho uburyo bwiza bwo kumenyana mu buryo bwagutse kurushaho.

Uko kumenyana niko gutuma bamwe bigira ku bandi, ibyiza bya bamwe bikabera urugero abandi.

Abasirikare bitabiriye ibi birori ni abo muri Botswana, Ethiopia, Kenya, Malawi, Nigeria, Senegal, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia n’u Rwanda.

Indyo ya Ethiopia
Nigeria nayo yamuritse ibyiganje mu muco wabo
Abanyarwanda mu mbyino gakondo nyarwanda
TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboNyakinamaNyamvumbaUmuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza
Next Article Isi Mu Mwaka Wa 2024 Izaba Ibishye Kurushaho-UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?