Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inganda Zirasabwa Gukomeza Kwimakaza Uburinganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inganda Zirasabwa Gukomeza Kwimakaza Uburinganire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 May 2024 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Lydia Mitali ushinzwe ubujyanama mu rwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ihame ry’uburinganire, GMO, avuga ko kugira ngo inganda zitere imbere bigomba kugirwamo uruhare n’abagore ndetse n’abagabo.

Ni inama yahaye abayobora inganda muri rusange ndetse n’izitunganya icyayi zo mu Karere ka Rusizi ari zo urwa Gusakura n’urwa Shagasha.

Izo nganda zitunganya icyayi zikoresha abagabo n’abagore kandi ku kigero wavuga ko gishimishije.

Mu rwego rwo kuzamura ubukungu, u Rwanda rutunganya icyayi kuko ari igihingwa ngengabukungu.

Mu kugihinga hakoreshwa abagabo n’abagorej kugihinga, kugisoroma no kugitunganya mbere y’uko kigurishwa hanze.

Umwe mu bakobwa bakora mu ruganda rwa Shagasha avuga ko we na bagenzi be bakorana n’abagabo.

Icyakora avuga ko umubare w’abagore cyangwa abakobwa ari muto mu nzego runaka z’umurimo bitewe n’imiterere y’akazi.

Ati: ” Usanga abagore ari benshi nko mu gusoroma cyangwa gupfunyika ariko hari aho usanga ari bake kuko imirimo ihakorerwa isaba imbaraga tudafite”.

Yemeza ko n’ubwo ari uko bimeze, muri rusange abagore n’abagabo bafite umwanya wabo muri ruriya ruganda.

Avuga kandi ko abagore babyaye bahabwa ikiruhuko kigenwa n’amategeko kandi umushahara wabo ukaba wawundi.

Ku ruhande rw’uruganda rwa Gusakura, abagore b’aho nabi bavuga ko akazi kabo gakorwa neza.

Emmanuel Kanyesige uyobora uru ruganda nawe avuga ko kuba abagore batanga umusaruro biterwa ahanini n’uko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore rikurikizwa.

Ati: ” Abagore n’abakobwa bakora hano dukorana neza kandi barisanzura bagakora bishimye”.

Kuba iryo hame rikurikizwa ku bwa Lydia Mitali ushinzwe ubujyanama mu rwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore avuga ko ari ngombwa ko byongerwamo imbaraga.

Kuri we, uburinganire ni ikintu cy’ingenzi kugira ngo iterambere ry’u Rwanda rirambe.

Avuga ko hari inkingi zirindwi zigendanye n’uburinganire zashyizweho kugira ngo ibigo bizikurikize.

Ibigo bisabwa kureba niba ayo mabwiriza yubahirizwa uko ateye.

Ibigo biyujuje bihabwa icyemezo cy’uko rubihagazemo neza.

Bikorwa nyuma y’igenzura rihagije ku ishyirwa mu bikorwa by’ayo mabwiriza.

Kirenga Clement ukora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere, UNDP, avuga ko u Rwanda rukora neza mu guteza imbere iryo hame.

Avuga ko ari ngombwa ko no mu bikorera ku giti cyabo iryo hame rihashinga imizi.

Kugira ngo rihubahirizwe ku rugero ruteganyijwe, Kirenga avuga ko bisaba ko abayobozi b’ibyo bigo bumva akamaro kabyo.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB kivuga ko hari amabwiriza y’ubuziranenge yateguwe kugira ngo afashe ibigo kumenya uko byubahiriza neza iryo hame.

Ayo mabwiriza agenga ubuziranenge mu Rwanda agurishirizwa ku kicaro cya RSB, akagurwa Frw 33,000.

TAGGED:AbagorefeaturedIhameMitaliUburinganire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Y’u Rwanda Irashaka Ko Ingengo Y’Imari Yongerwa
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique Zubakiye Ababyeyi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?