Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingengo Y’Imari Nto Igenerwa Ubuhinzi Iri Mu Bibudindiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ingengo Y’Imari Nto Igenerwa Ubuhinzi Iri Mu Bibudindiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2022 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubuhinzi bukoranywe ubuhanga buteza imbere igihugu mu buryo burambye.
SHARE

Ni ibyagarutsweho n’abagize Inteko zishinga amategeko z’ibihugu by’Afurika y’i Burasirazuba bateraniye i Kigali mu nama izamara iminsi itatu. Basabye za Guverinoma kongerera ubuhinzi ingengo y’imari kugira ngo butere imbere, bureke guhora buri ku ijanisha rito mu bigize ubukungu.

Depite Abdi Ali Hasaan  uyoboye Ihuriro rya bariya Badepite avuga ko Inteko zishinga amategeko zishobora kugira uruhare rufatika mu gutuma abatuye Afurika barya bagahaga.

Hon Hassan ati: “ Turi gushishikariza buri wese mu bagize Inteko zishinga amategeko ngo akoreshe ububasha afite mu kuzamura ubushobozi bw’abaturage mu kubona ibiribwa bihagije no kurwanya imirire mibi.”

Avuga ko babikora binyuze mu gusaba Minisiteri z’ubuhinzi n’ubworozi guha abahinzi, abatanga serivisi z’ubuhinzi ndetse n’abongerera agaciro umusaruro w’ubuhinzi  ubufasha bakeneye kugira ngo umusaruro ubonetse ube uhagije abagize urugo nabo basagurire isoko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa Dr Jean -Léonard Touadi avuga ko ihungabana ry’ubukungu riri ku isi muri iki gihe ryatumye hatekerezwa k’uruhare inzego zose zagira mu guhangana naryo.

Avuga ko ibiribwa n’ibinyobwa bikize ku byo umubiri ukeneye ari byo shingiro rihamye ry’iterambere.

Ati: “Tugomba guhanga udushya, duhereye ku myanzuro  ifatirwa  mu Nteko zishinga amategeko ikaba ari imyanzuro  ibereye abaturage.  FAO isanga uruhare rw’Inteko zishinga amategeko ari ingenzi cyane cyane mu gihe baba bemeje ingengo y’imari ikwiye ku bikorwa Guverinoma ziteganiriza urwego rw’ubuhinzi.”

Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Mukabalisa Donatille  avuga ko guhura na bagenzi babo bakorera mu zindi Nteko zishinga amategeko, ari umwanya Abadepite b’u Rwanda baba babonye ngo bafatanye na bagenzi babo kwigira hamwe ko igabanuka ry’ibiribwa ryahagarara.

Ni ikibazo kiri no mu Rwanda.

- Advertisement -

Kiri mu Rwanda kubera ko, nk’uko abaturage baherutse kubibwira Taarifa, henshi barateye imbuto irapfa kubera izuba ryacanye igihe kirikire.

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ibikoraho, iha abahinzi ‘nkunganire’ y’ifumbire kugira ngo mu ihinga rikurikiyeho bazateze ifumbire beze.

Mu mezi ashize, hari Inama y’Abakuru b’ibihugu by’Afurika yateranye yemeza ko ingengo y’imari ibihugu by’Afurika  bigenera ubuhinzi itazongera kujya munsi ya 10%.

Ishoramari ry’u Rwanda mu kuzamura ubuhinzi rirakomeje…

Hashize amezi abiri Guverinoma y’u Rwanda, ibicishije muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ifashe umwenda wa Miliyoni $300 ugomba gushorwa mu bikorwa bigamije kongera umusaruro uva mu buhinzi.

Kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi uboneke uhagije ni ngombwa ko buvugururwa bugatandukana n’isuka ya gakondo ndetse no gukesha ikirere kweza cyangwa kurumbya.

Ni umushinga bise Commercialization and De-Risking for Agricultural Transformation.

Project (CDAT) uzakorera mu Turere twa Muhanga Nyanza, Ruhango, Huye, Gisagara,  Nyaruguru, Kayonza, Bugesera, Gatsibo, Nyagatare,  Kirehe, Rusizi, Nyamasheke,  Gicumbi, Gasabo na Kicukiro.

Ni inguzanyo yatanzwe na Banki y’isi ikazashyirwa mu mushinga w’imyaka itanu.

Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda witwa Roland Pryce icyo gihe  yavuze ko bahaye u Rwanda ariya mafaranga kugira ngo ruyashore mu mishinga igomba gutuma rwihaza mu biribwa.

Ati: “ u Rwanda ruri mu bihugu bifite intego nziza yo guhaza abaturage barwo kandi tugomba kubirufashamo.”

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Mukeshimana Géraldine yavuze ko u Rwanda rwishimira guhabwa iriya nguzanyo kuko ije mu gihe hari Abanyarwanda badafite ibikoresho byabafasha kuzamura umusaruro harimo n’ifumbire .

Inzego za Leta y’u Rwanda zivuga ko ariya mafaranga azashorwa mu nzego zitandukanye harimo gushyiriho uburyo buboneye bwo kuhira ubuso bunini kurushaho.

Hataganyijwe ko hazuhirwa hegitari 17,673, hari n’indi mishinga izashorwamo ariya mafaranga ijyanye no kurobanura no gutubura imbuto ndetse no gushyiraho uburyo bwa za nkunganire kugira ngo umuhinzi atazahombera mu bibazo biterwa n’imihindagurikire y’ikirere.

Hari na gahunda y’uko urubyiruko rukora imishinga ifite aho ihuriye n’ubuhinzi ruzaterwa inkunga kugira ngo ruyikore neza kandi ihe benshi akazi.

Kugeza ubu kandi biteganyijwe ko hari abagize ingo  235,977 zo mu Turere twanditswe haruguru bazabona akazi mu ishyirwa mu bikorwa by’uriya mushinga.

Abenshi mu bazahabwa akazi muri uyu mushinga ni abagore n’urubyiruko.

TAGGED:AbadepiteAfurikafeaturedInguzanyoMinisiteriMukabalisaUbuhinziUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bahuguwe Uko Batwara Ubwato Bw’Imizigo Iremereye
Next Article Iby’Abashumba ‘Ba Business’ Bigiye Gusuzumanwa Ubwitonzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?