Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingingo Z’ingenzi Z’ijambo Rya Museveni Mbere Y’amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingingo Z’ingenzi Z’ijambo Rya Museveni Mbere Y’amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2021 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’Igihugu cya Uganda Yoweli Kaguta Museveni yaraye agejeje ijambo ku baturage abasaba kuzitabira amatora azaba kuwa Kane tariki 14, Mutarama, 2021 ku bwinshi. Yababwiye ko ntawe uzabakoma imbere, ko ingabo na Polisi bari maso.

Yavuze ko mu gihe yiyamamazaga yakoze uko ashoboye yirinda gushyira abaturage mu mimerere yatuma banduzanya COVID-19, ariko anenga abo bari bahanganye ko batigeze bitwara nkawe.

Yasabye abaturage kuzitabira amatora ari benshi, bakirinda guha agaciro ibyavuzwe na bamwe mu batavuga rumwe na NRM babujije abaturage kuzitabira amatora mu rwego rwo gutuma Museveni abura amajwi.

Yavuze ko bagomba kuzitabira amatora ku bwinshi kandi ko nta bwoba bagombye kugira kuko ingabo na Polisi biteguye kubarinda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Ntimuzagire ubwoba bwo kuza gutora kuko nahaye amabwiriza abashinzwe umutekano yo kuzabarinda. Kandi bariteguye.”

Museveni yavuze ko uzagerageza kubahungabanya azakubitwa inshuro atarabikora.

Yabasabye kwibuka uko ababigerageje bakubitiwe inshuro muri Kampala mu minsi ishize.

Avuga ko nta kintu inzego z’umutekano zananirwa kwivuna uko cyaba kimeze kose kandi ko nta gice cya Uganda zitageramo ngo zikirinde.

Yasabye urubyiruko rw’i Kampala kwirinda gutega amatwi abatavuga rumwe na Leta bashaka kubayobya babashuka ‘gukora ibintu bidakurikije amategeko.’

- Advertisement -

Perezida Museveni yababwiye ko uzahaguruka ashaka guhungabanya umutekano, agomba kuzirengera ingaruka, kandi abibutsa ko ingabo na Polisi biteguye guha isomo uwo ariwe wese uzateza rwaserera.

Yasabye bagenzi be bahanganye mu matora kutaziba amajwi, ahubwo bakareka abaturage bagatora uko bashaka, hagatsinda uwo bifuza.

Perezida Museveni yavuze ko ikibabaje ari uko hari bamwe mu bafatanyabikorwa ba Uganda bo mu mahanga batazi neza amateka yayo.

Ati|: “ Abanyamahanga ntibazi ko imbaraga zacu tuzikura ku bufatanye bwacu budakuka. NRM ifite umurongo uhamye kandi imbaraga zayo ziva ku mikorere y’inama zayo ku mirenge ndetse no mu ngabo za Uganda. Dufite n’ubukungu buhagaze neza kuko twashoboye gukorana neza n’abikorera ku giti cyabo.”

Kuri Perezida Museveni, iyaba abanyamahanga bamenyaga kandi bagaha agaciro amateka ya Uganda bahitamo kuyubaha bakumva ko mbere yo gushaka kuyikoreramo ibyo bashaka, bagombye kubanza kureba niba biri mu nyungu zayo kurusha izindi izo ari zo zose.

Amatora azaba kuri uyu wa Kane tariki 14, Mutarama, 2021
TAGGED:AmatorafeaturedKomisiyoMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’
Next Article Rwanda: COVID-19 yishe Padiri , apfuye akurikira Padiri Ubald utarashyingurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?