Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkingo Za COVID-19 Zishobora Gutangira Gukorerwa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Inkingo Za COVID-19 Zishobora Gutangira Gukorerwa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2021 10:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt Col Dr Tharcisse Mpunga, yavuze ko u Rwanda rugeze kure ibiganiro n’ibigo bikora inkingo za COVID-19 harebwa uko zatangira gukorerwa muri iki gihugu, nk’uburyo bwatuma ziboneka ku bwinshi.

U Rwanda ruheruka gutangira gahunda y’ikingira, ariko icyorezo cya COVID-19 mu Buhinde cyateye ikibazo ku kuboneka kw’inkingo za AstraZeneca, ku buryo hari abahawe urukingo rwa mbere batarabasha kubona urwa kabiri.

Mu kiganiro kuri RBA, Dr Mpunga yavuze ko hari icyizere ko abahawe urukingo rwa mbere rwa AstraZeneca, uku kwezi kuzashira babonye n’urwa kabiri.

Yavuze ko mu gihe u Rwanda rushaka gukingira abantu barenga miliyoni 7.8 kugeza mu 2022, hari uburyo bwateganyijwe bwo gushaka inkingo zikenewe, kuko buri muntu agomba guhabwa ebyiri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Harimo izizaboneka binyuze muri gahunda ifasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere kubona izo nkingo, COVAX, n’izizaboneka Leta y’u Rwanda iziguze.

Dr Mpunga yakomeje ati “Igihugu cyacu kiri gushaka uburyo no mu Rwanda hakorerwa izi nkingo, nizera ko yaba intambwe imwe ikomeye yatuma dushobora kubona inkingo nk’igihugu, ariko tukaba twaha na Afurika muri rusange.”

“Icyizere kirahari, Leta ifite abo dukorana nabo bashobora kuza kuzikorera mu Rwanda, ibiganiro bigeze kure, sinakubwira ngo ni ejo cyangwa ni ejobundi, ariko dufite icyizere ko mu gihe cya vuba bizatanga umusaruro.”

Perezida Paul Kagame aheruka kuvuga ko yagiranye ibiganiro n’ibigo bikora inkingo za COVID-19, by’umwihariko izikoresha uburyo bwa Messenger RNA (mRNA) bukoreshwa mu gukora inkingo za Moderna na Pfizer.

Perezida Kagame yavuze ko igitekerezo gikomeye ari uko ubwo buryo bwagera ku mugabane wa Afurika, bukunganira ubusanzwe bumenyerewe mu gukora inkingo.

- Advertisement -

Inkingo za Pfizer/BioNTech na Moderna zakoranywe ikoranabuhanga rishya, rishingiye ku karemangingo kazwi nka Messenger RNA cyangwa mRNA. Ziha umubiri ubushobozi bwo gutahura virus ndetse ukubaka ubushobozi bwo kuyirwanya.

Bitandukanye n’uburyo bumenyerewe bwifashisha virus ifite intege nke cyangwa yapfuye (adenovirus). Iyo umuntu atewe urwo rukingo, abasirikare b’umubiri babona amakuru ahagije kuri virus ya SARS-CoV-2, ku buryo iyo umuntu ayanduye umubiri uba warubatse uburyo bwo kuyirwanya.

Perezida Kagame yavuze ko hakenewe ko uburyo bwombi bushobora gukoreshwa muri Afurika, bukunganirana bunyuze mu bufatanye bw’ibihugu n’ibigo.

Yatanze urugero ko bene ubu bufatanye bushobora gutanga umusaruro, yifashishije urugero rw’ibirimo kuba muri Afurika y’Epfo, aho mu Uguhyingo 2020 ikigo gikora imiti cyo muri icyo gihugu Aspen Pharmacare Holdings Ltd. cyagiranye amasezerano n’uruganda rwa  Johnson & Johnson yo gukora urukingo rwayo rwa COVID-19.

Mu kiganiro kuri RBA, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko mu gihe bamwe bahawe inkingo, bakwiye gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kirinda.

Yavuze ko abanyarwanda bakwiye kwirinda ibishyira ubuzima mu kaga nk’ubukwe buhuza abantu benshi, kuko igihe nikigera ubuzima buzasubira uko bwahoze.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dominic Ongwen Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25
Next Article Kagame Agiye Guhura N’Abasirikare B’Abafaransa Bari Mu Rwanda Kugeza Mu 1994
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?