Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkingo Z’Ubushita Bw’Inkende Zageze Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

Inkingo Z’Ubushita Bw’Inkende Zageze Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2024 1:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Banki y’isi yarangije koherereza Repubulika ya Demukarasi ya Congo inkingo z’indwara y’ubushita bw’inkende imaze kwandura abantu bagera ku 18,000 abagera mu magana bakahagwa.

Abantu 15,000 bo mu Ntara 11 z’iki gihugu gituwe n’abantu barenga miliyoni 99 nibo bazahabwa izi nkingo ku ikubitiro bakaba bangana na 80% by’abayanduye bose.

Umukozi uhagarariye Banki y’isi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Dr. Michel Muvudi niwe wagejeje izo nkingo ku bayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Minisitiri w’ubuzima muri DRC witwa Dr. Roger Kamba avuga ko igihugu cye kizakora uko gishoboye abagenewe izo nkingo bose bakazibona kandi bakazihabwa ku buntu.

Hagati aho Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi Umunya Ethiopia Tedros Adhanom Ghebreyesus aherutse kwakirwa na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Félix-Antoine Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi wa DRC

Adhanom Ghebreyesus yamweremereye ko UN izaha igihugu cye inkingo gikeneye ngo gikingire abagituye kandi ko izo nkingo zizagera no ku bindi bihugu byahuye n’iyo ndwara.

Yaboneyeho no kumubwira ko bidatinze inkingo za mbere z’iriya ndwara zizagera mu gihugu cye.

Yagize ati: “Nemereye Perezida wa Repubulika ko ngiye gukora uko nshoboye igihugu cye kikazabona inkingo bidatinze”.

Tedros Adhanom Ghebreyesus

Repubulika ya Demukarasi ya Congo ni igihugu cya kabiri muri Afurika gihawe inkingo nyuma ya Nigeria.

Ubushita bw’inkende bwamaze kugera no mu Rwanda, abandi bane bakaba ari bo Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangaje ko ari bo bwamaze gufata.

TAGGED:featuredIkigoInkendeInkingoTshisekediUbushitaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BK Group Ikomeje Kunguka
Next Article Rwanda: Umuryango W’Amadini N’Amatorero Ufite Umuyobozi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?