Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkingo Z’Ubushita Bw’Inkende Zageze Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

Inkingo Z’Ubushita Bw’Inkende Zageze Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2024 1:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Banki y’isi yarangije koherereza Repubulika ya Demukarasi ya Congo inkingo z’indwara y’ubushita bw’inkende imaze kwandura abantu bagera ku 18,000 abagera mu magana bakahagwa.

Abantu 15,000 bo mu Ntara 11 z’iki gihugu gituwe n’abantu barenga miliyoni 99 nibo bazahabwa izi nkingo ku ikubitiro bakaba bangana na 80% by’abayanduye bose.

Umukozi uhagarariye Banki y’isi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Dr. Michel Muvudi niwe wagejeje izo nkingo ku bayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Minisitiri w’ubuzima muri DRC witwa Dr. Roger Kamba avuga ko igihugu cye kizakora uko gishoboye abagenewe izo nkingo bose bakazibona kandi bakazihabwa ku buntu.

Hagati aho Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi Umunya Ethiopia Tedros Adhanom Ghebreyesus aherutse kwakirwa na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Félix-Antoine Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi wa DRC

Adhanom Ghebreyesus yamweremereye ko UN izaha igihugu cye inkingo gikeneye ngo gikingire abagituye kandi ko izo nkingo zizagera no ku bindi bihugu byahuye n’iyo ndwara.

Yaboneyeho no kumubwira ko bidatinze inkingo za mbere z’iriya ndwara zizagera mu gihugu cye.

Yagize ati: “Nemereye Perezida wa Repubulika ko ngiye gukora uko nshoboye igihugu cye kikazabona inkingo bidatinze”.

Tedros Adhanom Ghebreyesus

Repubulika ya Demukarasi ya Congo ni igihugu cya kabiri muri Afurika gihawe inkingo nyuma ya Nigeria.

Ubushita bw’inkende bwamaze kugera no mu Rwanda, abandi bane bakaba ari bo Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangaje ko ari bo bwamaze gufata.

TAGGED:featuredIkigoInkendeInkingoTshisekediUbushitaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BK Group Ikomeje Kunguka
Next Article Rwanda: Umuryango W’Amadini N’Amatorero Ufite Umuyobozi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?