Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi Bayizimya Hakiri Kare:Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Inkongi Bayizimya Hakiri Kare:Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 August 2023 7:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gukererwa kuzimya inkongi y’umuriro igihe ibaye ahanini bitewe no kutagira ubumenyi bw’ibanze bwo kuzirwanya ku bari aho yabereye, bituma ubukana bwayo bwiyongera ikarushaho gufata intera bityo ikangiza byinshi rimwe na rimwe ikanavutsa benshi ubuzima.

Ubu ni ubutumwa bw’ingirakamaro butangwa na Polisi y’u Rwanda.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi (FRB), ryatangije gahunda yo kugeza ubumenyi mu bijyanye no gukumira, kuzimya inkongi no gutabara abari aho zabereye, ku ngeri zitandukanye z’abantu.

Ni ikintu Polisi ivuga ko ari ngombwa kubera ko ubumenyi buhagije mu gukumira no kuzimya inkongi bugira uruhare mu kugabanya ubukana bw’umuriro n’ibyago byo gupfa cyangwa gukomeretswa nawo.

Mu rwego rwo guhugura abakozi ngo batazibasirwa n’inkongi, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi kuri uyu wa Mbere taliki ya 28 Kanama, 2023 ryahuguye abakozi bo mu bitaro bya Kigali Citizens Polyclinic biherereye mu murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Bahawe amahugurwa azabafasha kwirinda inkongi no kuzizimya igihe zibaye bifashishije bimwe mu bikoresho by’ibanze.

Basobanuriwe inkomoko y’inkongi, bagishwa uko bazimya umuriro ukiri mucye n’ibizimyamuriro bitandukanye bakwifashisha.

Abahuguwe baneretswe uburyo bwiza bwo gukoresha gazi zifashishwa mu guteka, hirindwa impanuka zizikomotseho n’uko bazimya umuriro wazo ukiri mucye bifashishije ikiringiti gitose ariko kitajojoba amazi.

CIP Jonas Rizinde watangaga amahugurwa, yababwiye ko igisubizo ku muriro atari ukuwurebera ngo urusheho gukura, ko ahubwo ari ukuwurwanya utarafata intera ngo wangize byinshi.

Ati: “Ni byiza gufatirana umuriro bigishoboka ko wazimishwa imbaraga nke kuko uko ugenda umara umwanya ni ko ugenda ugira ingufu ari nako ibyo wangiza biba byinshi. Igihe umuriro ukiri mucye ushobora kwifashisha kizimyamoto ntoya ariko uko hashira umwanya munini nta gikorwa, niko uba mwinshi no kuwuzimya bigasaba ibikoresho byisumbuyeho.”

Yabasobanuriye ko gucomeka ibikoresho byinshi by’amashanyarazi ahantu hamwe, bitera impanuka z’inkongi, abibutsa kujya bacomokora ibitakirimo gukoreshwa no kujya bareba niba aho gazi iteretse hagera umwuka uhagije, bafungura inzugi n’amadirishya kugira ngo idateza inkongi.

Yabasabye kugeza ubu bumenyi kuri bagenzi babo n’inshuti bataragira amahirwe yo guhugurwa kandi igihe habaye inkongi bakihutira kubimenyekanisha kugira ngo bahabwe ubutabazi bahamagara ku mirongo itishyurwa 111, 112 cyangwa 0788311224.

TAGGED:InkongiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhamya Bw’Abariye Ibiryo Muri Youth Connekt Bikabatera Kurwara
Next Article Ni Ibiki Byatumye Habitegeko Asaba Perezida Imbabazi?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?