Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi, Gukomanyirizwa… Impamvu Zatumye Inkingo Za COVID-19 Ziba Nke Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Inkongi, Gukomanyirizwa… Impamvu Zatumye Inkingo Za COVID-19 Ziba Nke Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2021 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mezi make ashize, uvuye muri Bangladesh, ukambuka muri Nepal ukagera no mu Rwanda, abantu batunguwe no kumva ko inkingo za COVID-19 zabaye nke, bityo ko izari zibagenewe ‘zitakibonetse ku gihe.’ Impamvu ikomeye ni ibibazo byavutse mu ruganda The Serum Institute of India.

Uruganda The Serum Institute of India nirwo ruganda rwakoraga kandi rugatanga inkingo za kiriya cyorezo nyinshi zo gufasha mu mugambi wa COVAX ugamije kuzigeza kuri benshi batuye isi, cyane cyane abo mu bihugu bigitera imbere.

Abanyarwanda baca umugani ngo ‘umuntu yiringira amahirwe mu buzima, amaherere akamurindira ngo bagendane’

Ibi ni ko byagendekeye abatuye isi muri rusange kuko ikigo The Serum Institute of India nacyo cyaje gukomwa mu nkokora n’ibibazo byaje bitunguranye birimo gukomanyirizwa, inkingo zarwo ntizakirwe bazishinja kutuzuza ubuziranenge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi byakozwe n’abatuye ibihugu bimwe na bimwe cyane cyane iby’i Burayi.

Hari bamwe bavuze ko iri komanyirizwa ryatewe n’ishyari no guhimana hagati y’abanya burayi bakiri mu Muryango wunze ubumwe w’u Burayi n’Abongereza bawivanyemo.

Kubera ko uruganda rukora inkingo za AstraZenica ari urw’Abongereza ariko rukorera mu Buhinde, abasesenguzi bavuga ko u Burayi bwanze kuzigura mu rwego rwo kwima isoko Abongereza.

Indi mpamvu yakomye mu nkokora ikorwa n’ikwirakwiza ry’inkingo za AstraZenica ni uko hamwe mu hantu zikorerwa( labolatoire), hafashwe n’inkongi.

Umugambi wa COVAX wari waremeye kuzoherereza ibihugu 92 inkingo za COVID-19 zigera kuri miliyoni 200 ziturutse mu Kigo The Serum ariko wohereje inkingo miliyoni 30 gusa.

- Advertisement -

Ibi bibazo byombi byerekana ko kwizera ko uruganda rumwe ruzakora inkingo zihagije abatuye isi, ari ukutareba kure kuko iyo ruhuye n’ibibazo bituma umugambi wose ukomwa mu nkokora.

Aya makuru mabi aravugwa mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ritangaza ko mu gihe cyose abatuye ibihugu bikennye baba badakingiwe ku mubare uhagije, COVID-19 izakomeza kuzahaza abantu kandi ikajya ihindura imiterere yayo n’ubukana bwayo.

Kubura inkingo za AstraZenica zihagije byatumye ibihugu bikennye byiheba, bibona ko bitengushwe kuko byari byariteguye kandi byizeye kuzabona ziriya nkingo zigatabara ababituye.

Guhera muri Mata, 2021 kohereza inkingo mu rwego rwa COVAX mu bihugu bikize byagenze biguru ntege.

Ibibazo ni byinshi…

Umuyobozi w’ikigo  The Serum of Institute of India Bwana Adar Poonawalla, avuga ko na mbere y’uko ibibazo byo gukwirakwiza inkingo mu rwego rwa COVAX bihura n’inzitizi, bagize ikibazo cy’uko u Buhinde bwatinze kubaha uruhushya rwo gusohorera ziriya nkingo ku butaka bwabwo ndetse uruganda rubura n’aho ruzibika kuko zisaba ahantu hihariye.

Avuga ko ku ikubitiro bakoze inkingo miliyoni 70, bakora nke kuko batari bizeye neza uko ibintu bizagenda, kuko u Buhinde bwari butarabaha uruhushya rusesuye rwo kuzikora hanyuma n’abo ngo bashake aho bazibika hagutse mbere y’uko zihabwa abo zagenewe.

COVAX yari bufashe ibihugu byinshi ariko yakomwe mu nkokora

Kubura inkingo byatumye hari ibihugu bitekereza uko byazibona bitabaye ngombwa kurambiriza kuri COVAX.

Kimwe muri byo ni Nepal, iyi ikaba ituranye n’u Buhinde ndetse na Bangladesh.

Yabitewe n’uko mu baturage miliyoni 28 , Nepal yabonye miliyoni 2.38 z’inkingo.

Aho Ikigo Serum gihuriye n’ibibazo rero, byatumye ziriya nkingo zari zaremerewe Nepal zitaboneka. Yari yiteguye kuzabona miliyoni 13 ariko yabonye inkingo miliyoni nke.

Impamvu yatumye Ikigo Serum Institute of India kizerwa kigahabwa uburenganzira bwo gukora ziriya nkingo ari uko gifite ubushobozi bwo kuzikora kandi ku bwinshi.

Ibi ariko siko bikiri kuko u Buhinde bwasabye kiriya kigo kubuha inkingo mbere y’uko zihabwa abandi cyane cyane ko cyubatswe ku butaka bwabwo kandi nabwo bukaba buzikeneye cyane bitewe n’ubukana kiriya cyorezo kuhafite.

Ibi byatumye amahanga abona ko kugira ngo  azabone inkingo zihagije bizayasaba igihe, ndetse bamwe bavuga ko bizageza mu mpera z’umwaka wa 2021.

U Bushinwa bushobora kuziba icyuho…

Icyuho cyatewe n’uko u Buhinde butagishoboye guha isi inkingo zihagije za kiriya cyorezo, gishobora gusibwa n’u Bushinwa, bwiteguye gukora inkingo nyinshi mu bigo byabwo byitwa Sinovac Biotech Ltd. Na  Sinopharm Group Co.

Igihugu cya mbere cyakoresheje inkingo nyinshi cyavanye mu Bushinwa ni Pakistan, kimaze gukurayo inkingo miliyoni 11.8 nk’uko bivugwa n’umujyanama muri Minisiteri y’ubuzima witwa Faisal Sultan.

Poonawalla uyobora Ikigo The Serum Institute of India aherutse kubwira the Bloomberg ko ikibazo cyo kubura aho babika inkingo zarangije gukorwa cyababereye ingorabahizi kuko aho bari bizeye abakiliya( mu Burayi) babaye nk’ababakomanyirije.

Inkongi yadutse muri ruriya ruganda muri Mutarama, 2021 nayo yabaye ikibazo kuko hari ibikoresho bimwe byahiye, bikoma mu nkokora akazi.

Ikindi kibazo ni uko ubuyobozi bwa ruriya ruganda rwagize ikibazo cyo kumenya umubare w’inkingo u Buhinde buzagura bityo bikakigora guteganya imibare yarwo.

Mbere u Buhinde bwari bwasanye inkingo miliyoni 11 ariko biza guhinduka ziriyongera kubera ubwandu bwakomeje kuhiyongera.

Kuba uruganda rwo mu Buhinde rwari rwariyemeje gukorera isi inkingo za COVID-19 rwaragize ibibazo kandi nta rundi rwari rwiteguye kuhagoboka, byakomye mu nkokora umugambi wo kuzigeza ku batuye isi kandi vuba.

TAGGED:AbongerezaBuhindeBurayiCOVID-19featuredUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwaka Wa 2021 Uzarangira Hakingiwe Abanyarwanda Miliyoni 5- Dr Ngamije
Next Article Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?