Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga bavuga ko inkongi ziri kwaduka hirya no hino ku isi muri iyi myaka ari intangiriro y’ibyago bizagera ku bantu niba batagabanyije mu buryo bufatika ibyuka bihumanya bohereza mu kirere ikiremwamuntu gisangiye.

Ni ibyatangarijwe ikinyamakuru CNN, aho abahanga bemeza, badaca ku ruhande, ko umuriro uri gutwika ibice by’Uburengerazuba bushyira Amajyaruguru y’Uburayi ari bwo ugitangira kwaka kuko ibihe biri imbere ngo bizatuma isi ikubitika bigatinda!

Ibihe ku isi byarahindutse k’uburyo aho umuriro utari gutwika ngo ukongore ibyo uhasanze byose, hari za serwakira zikomeye ziza zigakukumba byose zikajugunya kure ari nako zikurikiwe n’imvura nyinshi iteza inkangu, imyuzure n’indwara zitandukanye.

Muri Amerika ubushyuhe bwageze kuri dogere selisiyusi 43, ubu bukaba ari ubushyuhe bugiye kumara iminsi 19 budakuraho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byatumye hari ibice byadukwamo ikibazo cy’umwuma mu bantu bakuze cyane cyane abatuye muri Leta ya Arizona.

Mu gihe muri Amerika ari uko byifashe, mu Burayi bw’Amajyepfo ho ubushyuhe bwabakururiye inkongi ikomeye.

Ahibasiwe ni mu Bugereki, muri Espagne no mu Busuwisi.

Muri Aziya n’aho ubushyuhe bwageze kuri dogere selisiyusi 50 aho ni mu Bushinwa mu gihe muri Koreya y’Epfo, mu Buyapani no mu Majyaruguru y’Ubuhinde imvura iri kubica bigacika.

N’ubwo abantu babibona muri rusange bagakuka umutima, abahanga mu by’ikirere bavuga ko ibihe biri imbere ari bibi kurushaho.

- Advertisement -

Umwarimu muri Kaminuza y’ikoranabuhanga ya mbere ikomeye mu Bwongereza yitwa University of Reading witwa Hannah Cloke avuga ko ‘abavuga ari abatarabona.’

Avuga ko igihe cyose abantu bazaba batarahagarika ibintu bakora bigahumanya ikirere, ibyo bazavuga byose bizaba ari ukwiganirira.

Ati: “ Abantu ntibashobora kwiyumvisha akaga kabategetse niba ntacyo bakoze ngo barekere aho guhumanya ikirere.”

Muri rusange abahanga bavuga ko ikirere cy’isi cyangiritse cyane kubera imyuka igihumanya ituruka henshi ariko cyane cyane mu nganda.

TAGGED:AmerikaBurayifeaturedIkirereInkongiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imibiri Y’Abana Baguye Muri Nyabarongo Yabonetse Muri Metero 17
Next Article Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?