Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga bavuga ko inkongi ziri kwaduka hirya no hino ku isi muri iyi myaka ari intangiriro y’ibyago bizagera ku bantu niba batagabanyije mu buryo bufatika ibyuka bihumanya bohereza mu kirere ikiremwamuntu gisangiye.

Ni ibyatangarijwe ikinyamakuru CNN, aho abahanga bemeza, badaca ku ruhande, ko umuriro uri gutwika ibice by’Uburengerazuba bushyira Amajyaruguru y’Uburayi ari bwo ugitangira kwaka kuko ibihe biri imbere ngo bizatuma isi ikubitika bigatinda!

Ibihe ku isi byarahindutse k’uburyo aho umuriro utari gutwika ngo ukongore ibyo uhasanze byose, hari za serwakira zikomeye ziza zigakukumba byose zikajugunya kure ari nako zikurikiwe n’imvura nyinshi iteza inkangu, imyuzure n’indwara zitandukanye.

Muri Amerika ubushyuhe bwageze kuri dogere selisiyusi 43, ubu bukaba ari ubushyuhe bugiye kumara iminsi 19 budakuraho.

Byatumye hari ibice byadukwamo ikibazo cy’umwuma mu bantu bakuze cyane cyane abatuye muri Leta ya Arizona.

Mu gihe muri Amerika ari uko byifashe, mu Burayi bw’Amajyepfo ho ubushyuhe bwabakururiye inkongi ikomeye.

Ahibasiwe ni mu Bugereki, muri Espagne no mu Busuwisi.

Muri Aziya n’aho ubushyuhe bwageze kuri dogere selisiyusi 50 aho ni mu Bushinwa mu gihe muri Koreya y’Epfo, mu Buyapani no mu Majyaruguru y’Ubuhinde imvura iri kubica bigacika.

N’ubwo abantu babibona muri rusange bagakuka umutima, abahanga mu by’ikirere bavuga ko ibihe biri imbere ari bibi kurushaho.

Umwarimu muri Kaminuza y’ikoranabuhanga ya mbere ikomeye mu Bwongereza yitwa University of Reading witwa Hannah Cloke avuga ko ‘abavuga ari abatarabona.’

Avuga ko igihe cyose abantu bazaba batarahagarika ibintu bakora bigahumanya ikirere, ibyo bazavuga byose bizaba ari ukwiganirira.

Ati: “ Abantu ntibashobora kwiyumvisha akaga kabategetse niba ntacyo bakoze ngo barekere aho guhumanya ikirere.”

Muri rusange abahanga bavuga ko ikirere cy’isi cyangiritse cyane kubera imyuka igihumanya ituruka henshi ariko cyane cyane mu nganda.

TAGGED:AmerikaBurayifeaturedIkirereInkongiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imibiri Y’Abana Baguye Muri Nyabarongo Yabonetse Muri Metero 17
Next Article Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?