Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Philbert Gakwenzire uyobora IBUKA avuga ko inkunga yahawe Abatutsi barokotse Jenoside ziri amoko abiri ariko ikomeye kurusha izindi ari uguhabwa uburenganzira mu gihugu cyabo.

Avuga ko ubwo buryo bubiri burimo ubwa mbere bwa Politiki rusange y’igihugu, iyi ikaba itandukanye cyane n’iyo Abatutsi babayemo mbere ya 1994 aho bimwaga uburenganzira mu gihugu cyabo.

Avuga ko iyi Politiki ari nziza kubera ko iha uburenganzira buri mu Munyarwanda ku gihugu cye.

Gakwenzire ati: “ Muri uru rwego rero abari bamaze kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi biyumvise mu gihugu cyabo kuko bari bamaze imyaka barimwe uburenganzira mu gihugu cyabo, batitwa abanyagihugu ahubwo ugasanga batotezwa, bakimwa n’icyo buri Munyarwanda wese yashoboraga kuba yabona”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida wa IBUKA avuga ko nyuma y’uko Abatutsi barokotse Jenoside baboneye ko bahawe uburenganzira mu gihugu cyabo, bahise batangira gukora biteza imbere kuko bari bizeye ko nta muntu uri bubakome imbere ngo ababuze uburenganzira bwabo.

Gakwenzire yabwiye RBA  ko kuba mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari ho ubutegetsi bwatumaga hari bamwe batahabwaga uburenganzira mu gihugu cyabo ari ibintu byatuma hari n’uwavuga ko “ u Rwanda rasanga nk’aho rutariho”.

Mbere y’uko u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bashimira Inkotanyi zayihagaritse kuko bemeza ko iyo zidatabara umugambi w’abakoze Jenoside wari gukomeza.

TAGGED:AbatutsiGakwenzireIBUKAInkotanyiJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Babagira Inka Hasi
Next Article Minisitiri Ingabire Mubafite Munsi Y’Imyaka 40 Bavuga Rikijyana Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?