Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Ingabire Mubafite Munsi Y’Imyaka 40 Bavuga Rikijyana Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri Ingabire Mubafite Munsi Y’Imyaka 40 Bavuga Rikijyana Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyarwandakazi ushinzwe Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Musoni Paula Ingabire yashyizwe ku rutonde rw’abantu 100 bafite munsi y’imyaka 40 bavuga rikijyana.

Abandi Banyarwanda baruriho  ni Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore Jean de Dieu Uwihanganye ndetse na Miss Ngarambe Rita Laurence wabaye igisonga cya bbere mu irushanwa rya ‘Miss Face of Humanity 2022’.

Mu mwaka wa 2018 nibwo Ingabire Paula Musoni yabaye Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, iyo nama ikaba yarabaye taliki 18, Ukwakira. 2018.

Ni umuhanga mu ikoranabuhanga wize muri Kaminuza y’u Rwanda, arangiza afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaje kubona impamyabumenyi y’ikirenga mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’itumanaho muri Kaminuza ya Massachusetts Institute of Technology (MIT) iri mu zikomeye ziri muri Amerika.

Mbere y’uko aba Minisiteri, Ingabire yari umuyobozi wa gahunda ya Kigali Innovation City.

Muri Werurwe 2020, Paula Ingabire yashyizwe mu bayobozi 115 bakiri bato ku Isi.

Uru ni urutonde rubamo abayobozi mu nzego za Leta, abanyamakuru, abahanzi, abarezi, impuguke mu bucuruzi, n’abashinzwe ikoranabuhanga bose kandi bakaba bari munsi y’imyaka 40 y’amavuko.

Ingabire Paula hamwe n’abandi bari kuri uru rutonde bashyizwe ku rutonde rw’abantu 100 rwiswe  ‘Global Top 100 Under 40 List’.

- Advertisement -

Ruriho ibyamamare mu muziki, abashabitsi, abanyapolitiki, abakinnyi ba filime n’abandi.

Abandi bari kuri uru rutonde barimo abanyamuziki nka Asake wo muri Nigeria, Tyla wo muri Afurika y’Epfo, umukinnyi wa filime w’Umunyamerika Zendaya n’abandi bo mu myidagaduro.

Mu banyapolitiki barimo Minisitiri w’ikoranabuhanga muri Sierra Leone, Salima Monorma Bah, Zaynab M. Mohamed uhagariye Leta ya Minnesota muri Sena ya Amerika akaba n’umunyapolitiki watowe ari muto kurusha abandi muri iyi Leta kuri uyu mwanya cyane ko afite imyaka 26 n’abandi batandukanye.

Uru rutonde rwatangiye gukorwa guhera mu 2017.

TAGGED:AmerikafeaturedIkoranabuhangaIngabireLetaSenaUrutondeUwihanganye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA
Next Article RDF Yabwiye Abashinzwe Ibya Gisirikare Muri Ambasade Uko Umutekano Uhagaze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Aratangira Inshingano Ze Ku Mugaragaro

Kagame Yaganiye Na NBA Africa Uko Basket Yatezwa Imbere Kurushaho

Israel Yatangije Ibitero Bikomeye Kuri Gaza

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?