Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intasi Nkuru Za Gisirikare Z’U Rwanda, U Burundi, Tanzania, Congo-Kinshasa na Uganda Zahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Intasi Nkuru Za Gisirikare Z’U Rwanda, U Burundi, Tanzania, Congo-Kinshasa na Uganda Zahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2021 6:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare bakuru bashinzwe iperereza rya gisirikare ry’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Congo-Kinshasa zahuriye i Bujumbura ziganira ku ngingo zirimo uko zafatanya ngo hagaruke umutekano urambye mu Karere.

Ibi bihugu( cyane cyane u Rwanda, Uganda, u Burundi na Congo) bimaze imyaka bifitanye ibibazo bishingiye ku cyizerane gicye giterwa n’uko buri gihugu muri byo gishinja ikindi kugira uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye mu bikorwa bigihungabanyiriza umutekano.

U Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abaruhungabanyizira umutekano, Uganda  ikarushinja kuyoherezamo intasi, mu gihe u Burundi bwari bumaze iminsi bushinja u Rwanda gucumbikira abigeze gushaka guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza, mu gihe u Rwanda rushinja u Burundi kuba indiri y’imitwe yambuka Nyungwe n’Akanyaru ikica abaturage barwo.

Uwari uhagarariye u Burundi

Nta kintu u Burundi bushinja Uganda ahubwo ibi bihugu byombi biiftanye ubufatanye bukomoye ndetse Perezida wabwo aherutse gusura mugenzi we wa Uganda baganira uko iyo mikoranire yakomezwa ndetse no mu by’umutekano.

Museveni yijeje Ndayishimiye ko azamwoherereza abasirikare bakuru bakaza kwigira hamwe n’abe uko imikoranire mu bya gisirikare yakongerwamo ingufu.

Uganda kandi iri gutagura umushinga wo kuzubaka umuhanda uyihuza n’u Burundi uciye muri Tanzania, abasesengura ibibera muri aka karere bakemeza ko Uganda yabikoze mu rwego rwo guhima u Rwanda kugira ngo ruzahombe amafaranga rwasoreshaga amakamyo yacaga ku butaka bwarwo ava i Kampala ajya i Gitaga n’i Bujumbura.

Ubwo Perezida  Evariste Ndayishimiye yari muri Uganda , hakazamuka igitekerezo cy’ubucuruzi hagati y’igihugu cye  na Uganda, umwe mu bayobozi bakuru muri Uganda yavuze ko kugira ngo buriya bucuruzi bushoboke ari ngombwa ko u Burundi na Tanzania bishyira umukono ku masezerano y’ubucuruzi bw’ibihugu bigize EAC.

Uriya muyobozi yavuze ko ibihugu bibiri muri Afurika y’i Burasirazuba aribyo bitarashyira umukono kuri ariya masezerano ni ukuvuga u Burundi na Tanzania kandi ngo iyi ni inzitizi ku bucuruzi hagari yabyo na Uganda.

Icyo gihe yagize ati: “ Ba Nyakubahwa, mwibuke ko twasinye amasezerano y’uko nka EAC tugomba gukurikiza ibigenga amasezerano y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu bihugu by’Afurika azwi nka AfCTA. Ntidushobora gucuruzanya n’u Burundi cyangwa  Tanzania, ibi bihugu bitarashyira umukono kuri ariya masezerano.”

Avuga ko Kenya yayashyizeho umukono, Uganda irabikora, u Rwanda biba uko, Sudani y’Epfo biba uko.

Tugarutse ku byerekeye umutekano hagati y’u Rwanda, u Burundi na Uganda, tuributsa ko hari ibindi biganiro byahuje abasirikare bakuru bayoboye ubutasi bwa gisirikare bw’u Rwanda n’u Burundi.

Brig General Vincent Nyakarundi uyobora ishami ry’ubutasi bwa gisirikare bw’u Rwanda yahuye kenshi na mugenzi we uyobora ubw’u Burundi witwa Col  Evariste Musaba.

Gen Nyakarundi na Col Musaba wo mu Burundi baganira. Aha ni mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Rwanda

Mu biganiro byahuje u Rwanda na Uganda bikabera i Kigali, i Kampala n’i Luanda muri Angola, abayobozi b’ibi bihugu baganiriye kenshi uko hakurwaho ibiteza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi( u Rwanda na Uganda) ariko kugeza ubu ibintu ntibiranoga.

Mu nama abasirikare bakuru bashinzwe ubutasi bwa gisirikare baherutse kugirana ubwo bahuririga Bujumbura nk’uko ikinyamakuru Ikiriho cyabyanditse yari ifite insanganyamatsiko  igira iti: “ Twongere icyizere, gukorane tugamije kurandura imitwe iteza umutekano mucye mu karere.”

Abandi basirikare bitabiriye iriya nama ni abayobora iperereza mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo no mu ngabo za Tanzania.

TAGGED:AbasirikareBurundifeaturedIngaboMuseveniNdayishimiyeRwandaUgandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Yashinjwe ‘Gukomeza’ Gushora Akayabo Mu Mishinga Ihombya Leta
Next Article Umwe Mu Bakingiwe COVID-19 Arembeye I Nyarugenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?