Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intasi Nkuru Za Gisirikare Z’U Rwanda, U Burundi, Tanzania, Congo-Kinshasa na Uganda Zahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Intasi Nkuru Za Gisirikare Z’U Rwanda, U Burundi, Tanzania, Congo-Kinshasa na Uganda Zahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2021 6:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare bakuru bashinzwe iperereza rya gisirikare ry’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Congo-Kinshasa zahuriye i Bujumbura ziganira ku ngingo zirimo uko zafatanya ngo hagaruke umutekano urambye mu Karere.

Ibi bihugu( cyane cyane u Rwanda, Uganda, u Burundi na Congo) bimaze imyaka bifitanye ibibazo bishingiye ku cyizerane gicye giterwa n’uko buri gihugu muri byo gishinja ikindi kugira uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye mu bikorwa bigihungabanyiriza umutekano.

U Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abaruhungabanyizira umutekano, Uganda  ikarushinja kuyoherezamo intasi, mu gihe u Burundi bwari bumaze iminsi bushinja u Rwanda gucumbikira abigeze gushaka guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza, mu gihe u Rwanda rushinja u Burundi kuba indiri y’imitwe yambuka Nyungwe n’Akanyaru ikica abaturage barwo.

Uwari uhagarariye u Burundi

Nta kintu u Burundi bushinja Uganda ahubwo ibi bihugu byombi biiftanye ubufatanye bukomoye ndetse Perezida wabwo aherutse gusura mugenzi we wa Uganda baganira uko iyo mikoranire yakomezwa ndetse no mu by’umutekano.

Museveni yijeje Ndayishimiye ko azamwoherereza abasirikare bakuru bakaza kwigira hamwe n’abe uko imikoranire mu bya gisirikare yakongerwamo ingufu.

Uganda kandi iri gutagura umushinga wo kuzubaka umuhanda uyihuza n’u Burundi uciye muri Tanzania, abasesengura ibibera muri aka karere bakemeza ko Uganda yabikoze mu rwego rwo guhima u Rwanda kugira ngo ruzahombe amafaranga rwasoreshaga amakamyo yacaga ku butaka bwarwo ava i Kampala ajya i Gitaga n’i Bujumbura.

Ubwo Perezida  Evariste Ndayishimiye yari muri Uganda , hakazamuka igitekerezo cy’ubucuruzi hagati y’igihugu cye  na Uganda, umwe mu bayobozi bakuru muri Uganda yavuze ko kugira ngo buriya bucuruzi bushoboke ari ngombwa ko u Burundi na Tanzania bishyira umukono ku masezerano y’ubucuruzi bw’ibihugu bigize EAC.

Uriya muyobozi yavuze ko ibihugu bibiri muri Afurika y’i Burasirazuba aribyo bitarashyira umukono kuri ariya masezerano ni ukuvuga u Burundi na Tanzania kandi ngo iyi ni inzitizi ku bucuruzi hagari yabyo na Uganda.

Icyo gihe yagize ati: “ Ba Nyakubahwa, mwibuke ko twasinye amasezerano y’uko nka EAC tugomba gukurikiza ibigenga amasezerano y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu bihugu by’Afurika azwi nka AfCTA. Ntidushobora gucuruzanya n’u Burundi cyangwa  Tanzania, ibi bihugu bitarashyira umukono kuri ariya masezerano.”

Avuga ko Kenya yayashyizeho umukono, Uganda irabikora, u Rwanda biba uko, Sudani y’Epfo biba uko.

Tugarutse ku byerekeye umutekano hagati y’u Rwanda, u Burundi na Uganda, tuributsa ko hari ibindi biganiro byahuje abasirikare bakuru bayoboye ubutasi bwa gisirikare bw’u Rwanda n’u Burundi.

Brig General Vincent Nyakarundi uyobora ishami ry’ubutasi bwa gisirikare bw’u Rwanda yahuye kenshi na mugenzi we uyobora ubw’u Burundi witwa Col  Evariste Musaba.

Gen Nyakarundi na Col Musaba wo mu Burundi baganira. Aha ni mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Rwanda

Mu biganiro byahuje u Rwanda na Uganda bikabera i Kigali, i Kampala n’i Luanda muri Angola, abayobozi b’ibi bihugu baganiriye kenshi uko hakurwaho ibiteza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi( u Rwanda na Uganda) ariko kugeza ubu ibintu ntibiranoga.

Mu nama abasirikare bakuru bashinzwe ubutasi bwa gisirikare baherutse kugirana ubwo bahuririga Bujumbura nk’uko ikinyamakuru Ikiriho cyabyanditse yari ifite insanganyamatsiko  igira iti: “ Twongere icyizere, gukorane tugamije kurandura imitwe iteza umutekano mucye mu karere.”

Abandi basirikare bitabiriye iriya nama ni abayobora iperereza mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo no mu ngabo za Tanzania.

TAGGED:AbasirikareBurundifeaturedIngaboMuseveniNdayishimiyeRwandaUgandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Yashinjwe ‘Gukomeza’ Gushora Akayabo Mu Mishinga Ihombya Leta
Next Article Umwe Mu Bakingiwe COVID-19 Arembeye I Nyarugenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?