Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intego Ni Uguteza Imbere Umubano Kurushaho – Perezida Kagame Avuga Ku Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Intego Ni Uguteza Imbere Umubano Kurushaho – Perezida Kagame Avuga Ku Bushinwa

admin
Last updated: 26 September 2021 4:06 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimye umusaruro w’umubano w’imyaka 50 u Rwanda rufitanye n’u Bushinwa, ashimangira ko intego ari ukuwuteza imbere kurushaho mu myaka iri imbere.

Ni ijambo yavugiye mu imurikabikorwa rya kabiri ry’Ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika (China-Africa Economic and Trade Expo), CAETE.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Macky Sall wa Senegal na Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algeria.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye muri gahunda y’Ihuriro rigamije ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika, rizwi nka FOCAC.

Expo ya mbere yabaye muri Kamena 2019, isiga hasinywe amasezerano 84 y’ubufatanye afite agaciro ka miliyari $20.8 ajyanye n’ubucuruzi, ishoramari, ibikorwaremezo, ubuhinzi, ibikorerwa mu nganda, ingendo z’indege, ubukerarugendo n’ubucuti hagati y’imijyi.

Icyo gihe ikigo Gashora Farms cyabonye amasezerano ya miliyoni $500 yo kohereza mu Bushinwa urusenda rwumye.

Perezida Kagame yakomeje ati “Tumaze kubona agaciro k’iki gikorwa. Bwa mbere kiba mu 2019, ibigo byo mu Rwanda byabonye amasezerano y’ubucuruzi, by’umwihariko ajyanye no kugemura ku isoko ry’u Bushinwa ibintu bimwe bikomoka ku buhinzi.”

“Ibyo byazamuye icyizere ku rwego rw’ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, kandi twishimiye uburyo abakiliya bo mu Bushinwa bakira urusenda, icyayi n’ikawa byo mu Rwanda bifite ireme ryo hejuru.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye kurushaho kwimakaza ubufatanye bw’u Rwanda n’u Bushinwa.

Ati “Uyu mwaka uhuriranye n’isabukuru y’imyaka 50 y’umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika ya rubanda y’u Bushinwa. Intego dushyize imbere ni ukurushaho kwimakaza umubano wacu no mu kindi gice cy’ikinyejana kiri imbere.”

Perezida Kagame yavuze ko mu kwagura umubano, Intara ya Hunan yakiriye Expo y’uyu mwaka, hamwe n’Umuyi wa Kigali barimo kureba inzego bafatanyamo mu bijyanye n’ubukungu n’uburezi, kandi u Rwanda rwiteguye ubwo bufatanye.

Perezida Kagame yaboneyeho atumira ba mukerarugendo bo mu Bushinwa, yizeza ko viza iboneka umuntu ageze aho yinjirira mu gihugu, bityo ko bazabasha kwishimira ibyiza byinshi bihaboneka birimo inyamaswa n’urugwiro nyafurika.

Yanashimiye u Bushinwa ku nkunga bwahaye u Rwanda na Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, ashimangira ko igaragaza imbaraga z’ubucuti hagati ya Afurika n’u Bushinwa.

Mu minsi ishize u Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo 200,000 za Sinopharm. Mu bihe bitandukanye bwanaruhaye ibikoresho byifashishwa mu guhangana no kwirinda COVID-19.

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagameu Bushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Peter Robinson Wunganiye Benshi Mu Bakoze Jenoside Agiye Gukorwaho Iperereza
Next Article Nyiragongo Yongeye Kugaragaraho Ikiyaga cy’Amazuku
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?