Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyeshyamba Bikekwa Ko Ari M23 Zagabye Ibitero Muri Rutshuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Inyeshyamba Bikekwa Ko Ari M23 Zagabye Ibitero Muri Rutshuru

admin
Last updated: 08 November 2021 12:26 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage benshi bamaze kuva mu byabo bahunga imirwano yatangijwe n’inyeshyamba ku ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu bice bya Chanzu na Runyoni muri Rutshuru.

Bikekwa ko abagabye ibyo bitero ari umutwe wa M23.

Ibinyamakuru byo muri RDC byatangaje ko abahunga benshi berekeza mu bice bya Bunagana hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda.

Abahoze bagize umutwe wa M23 bashinja Perezida Felix Tshisekedi ko yananiwe kubahiriza amasezerano ya Nairobi, yagezweho ku bwa Joseph Kabila wamubanjirije agamije guhagarika intambara wari watangije.

Muri ayo masezerano byateganywaga ko abahoze muri uwo mutwe bahabwa imbabazi, imfungwa zikarekurwa n’impunzi zigatahuka.

Byateganywaga kandi ko ibyemeranyijwe byose bishyirwa mu bikorwa maze M23 igahagarika gukora nk’inyeshyamba ahubwo ikavamo umutwe wa politiki wemewe.

Uyu mutwe uvuga ko nta kintu na kimwe cyubahirijwe, ahubwo ko ushobora gusubukura urugamba ndetse ugasatira umujyi wa Goma. Ni umujyi n’ubundi M23 yigeze gufata mu mwaka wa 2012.

Kuri iki Cyumweru ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika i Kinshasa yaburiye abaturage bayo ko “hari amakuru ko hashobora kuba igitero i Goma. Umutekano wakajijwe mu mujyi.”

Mu byo basabwe harimo kwirinda kujya ahantu hakoraniye abantu benshi kandi bagakomeza gukurikirana uko amakuru agenda ahindagurika.

Aka gace ka Chanzu kaherukagamo imirwano ikomeye mu 2013. Icyo gihe Sultan Makenga wari umugaba wa M23 yahakoreshaga nk’ibirindiro bikuru.

Hari amakuru ko kuva mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru abarwanyi bahanganye n’abasirikare bake ba Leta bahasanze, bakabirukana.

Byatumye abantu benshi batuye mu byaro bya Jomba muri Rutshuru bahunga, bamwe bakomereza muri Rutshuru hagati abandi berekeza muri Uganda, ndetse ngo yabemereye kwinjira.

Ikinyamakuru  ACTUALITE.CD cyatangaje ko umuyobozi w’imiryango itari iya leta ikorera muri Bunagana, Damien Sebusanane, yavuze ko “muri Bunagana hatuje uretse ingendo z’abantu bakomeje kwambuka umupaka. Abahunga barambuka umupaka binjira muri Uganda yabemereye gukomeza.”

“Hari imodoka nyinshi ku mupaka zitegereje kureba ko ibintu byahinduka.”

Ibi bitero bibaye mu gihe Intara ya Kivu y’Amajyaruguru iri mu bihe bidasanzwe guhera muri Gicurasi, aho umutekano wakajijwe ndetse intara zihabwa ba guverineri b’abasirikare.

Ntabwo ariko biratanga umusaruro ufatika.

TAGGED:BunaganafeaturedGomaM23RutshuruUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umucamanza Theodor Meron Washinjwe Korohereza Abajenosideri Yeguye
Next Article Israel Iri Kurambagiza Libya Mbere Y’Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?