Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Yahagaritse Imikoranire N’Ikigo Mpuzamahanga Cy’Ingufu Nikileyeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Iran Yahagaritse Imikoranire N’Ikigo Mpuzamahanga Cy’Ingufu Nikileyeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2025 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iran yitandukanyije n'iki kigo.
SHARE

Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian yatangaje ko igihugu cye gihagaritse imikoranire n’Ikigo mpuzamahanga cy’ingufu nikileyeri gifite icyicaro i Vienne muri Autriche.

Byatangarijwe mu itangazo mu Cyongereza bise ‘Suspension of the Islamic Republic’s Cooperation with the International Atomic Energy Agency with a Two-Urgency Requirement,’ rikaba rikomoka ku byari bimaze iminsi biganirirwa mu Nteko ishinga amategeko y’iki gihugu.

Rivuga ko iki cyemezo gifashwe nyuma y’ibitero Israel ifatanyije na Amerika iherutse kugaba muri Iran bigasenya ibigo iki gihugu kivuga ko byashyiriweho gutunganya ubutare bwa Iranium bwo gukoresha mu bikorwa ‘by’amahoro’.

Iyo ngingo ariko Yeruzalemu na Washington ntibiyemera  ahubwo bavuga ko Teheran igambiriye gukora ibisasu bya kirimbuzi byo kuzasiba Israel ku ikarita y’isi.

Itangazo rya Iran rigira riti: “ Dushingiye ku bitero biherutse kuvogera ubusugire bw’igihugu cyacu bikozwe na Amerika ifatanyije na Israel, bakabikorwa barenze ku ngingo ya 60 niya 80 z’Amasezerano y’i Vienna agenga ubusugire bwa buri gihugu, kandi iki kigo ntikibyamagane, twanzuye kuva mu banyamuryango. Ni icyemezo dufashe kuzageza igihe ikigo International Atomic Energy Agency kizahindura imyitwarire kuri iki kibazo kikadufasha kurinda ibigo byacu bitunganya buriya butare n’abahanga bacu babikora”.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran witwa Esmaeil Baghaei kuri uyu wa Mbere yatangaje ko igihugu cye kitakomeza gukorana n’ikigo kidashobora kuyifasha kurinda ibikorwaremezo byayo.

Kuri X yanditse ko ibyo ari icyemezo kizakomeza kugeza ubwo ibyo Iran ishaka bizaba byamaze gukorwa.

Ikindi ni uko Iran yavuze ko itazemera ko hari abagenzuzi ba kiriya kigo bajya gusura aho ibisasu biherutse kugwa ngo bisenye ziriya nganda zitunganya Iranium.

Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian.

Hagiye gushira ibyumweru bitatu Iran irashweho ibisasu by’urwunge na Israel na Amerika yabyinjiyemo nyuma ije gusenya uruganda rwa Fordow.

Nyuma hakurikiyeho icyo Amerika yise ‘isubukura’ ry’ibiganiro ku bisasu bikorwa na Iran, bigakorwa hagati ya Teheran na Washington, icyakora Iran yo ntibishira amakenga.

Ivuga ko bishobora kuba ubundi buryo bwo kurangaza Iran kugira ngo Israel yongere iyiraseho ibe yahitana abo itahitanye mbere barimo na Ayatollah.

TAGGED:AmasezeranoAmerikafeaturedIkigoIranIsraelKirimbuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamerika Ukinira APR BBC Yabaye Umunyarwanda
Next Article Kuki Guverinoma Itangaza Ibiciro Bya Petelori Buri Mezi Abiri?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?