Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ishami Rya Banki Y’Isi Mu Rwanda Ryahawe Umuyobozi Mushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ishami Rya Banki Y’Isi Mu Rwanda Ryahawe Umuyobozi Mushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2023 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yari asanzwe ahagarariye iyi Banki muri Zambia
SHARE

Uwo ni umuhanga mu by’ubukungu ufite ubwenegihugu bw’Amerika ariko akaba akomoka muri Sierra Leone witwa Sahr Kpundeh.

Imirimo ye yayitangiye mu buryo budasubirwaho taliki 01, Nzeri, 2023 asimbuye Rolande Pryce.

Ibiro by’iyi Banki biri mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo.

Inshingano ze zirimo gukorana n’u Rwanda mu mishinga y’iterambere Banki y’isi itera inkunga, kurebera hamwe uko ishyirwa mu bikorwa n’ubujyanama kugira ngo ibintu byose bikorwe neza.

U Rwanda rushimirwa ko ari kimwe mu bihugu by’Afurika bikoresha neza inkunga bihabwa.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yigeze kubwira Taarifa ko u Rwanda rwishyura neza imyenda rufata ndetse ngo uko kwishyura neza kwarakomeje no mu gihe COVID-19 yacaga ibintu.

Sahr Kpundeh yatangiye gukorera Banki y’Isi mu mwaka wa 2002, akaba yari ashinzwe ishami ryayo ryo guteza imbere ibikorwa.

Akazi yakoraga bakita ‘Senior Public Sector Management Specialist.’

Yakoze byinshi muri iyi banki birimo no kuyihagararira muri Sudani y’Epfo.

Aje kuyihagararira mu Rwanda avuye muri Zambia.

Uwo asimbuye witwa Rolande Pryce yagizwe umuyobozi uhagarariye Banki y’isi mu gice cy’isi kitwa Caucase du Sud.

Ni igice gihuza Uburayi bw’Uburasirazuba na Aziya y’Uburengerazuba.

Iki gice gikora ku bihugu bya Armenia, Georgia na Azerbaijan.

Rolande Pryce acyuye igihe cye mu Rwanda nyuma y’ibikorwa byinshi yakoze mu rwego rwo kurufasha kubona no gukoresha neza inguzanyo cyangwa inkunga Banki y’isi yahaga u Rwanda.

Rolande Pryce

Mu gihe cye, inkunga Banki y’isi yahaga u Rwanda yazamutse ku kigero cya 60%.

Imwe mu mishinga migari u Rwanda rwaherewe iriya nkunga ni ijyanye no kubaka ubukungu butangiza ibidukikije.

U Rwanda rwiyemeje kubaka ubukungu butabangamira ibidukikije kandi burambye.

Mu mwaka wa 2021-2022, Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni $20 zo gushyira mu mishinga yarwo y’ubukungu butangiza ibidukikije.

Binyuze mu kigega cy’u Rwanda gishinzwe gutera inkunga imishinga irengera ibidukikije, Rwanda Green Fund, ibigo na banki mpuzamahanga zitandukanye zarugurije amafaranga azishyurwa ku nyungu nke kandi mu gihe kirekire.

Rwanda Green Fund iyoborwa na Teddy Mugabo Mpinganzima.

Teddy Mugabo Mpinganzima.
TAGGED:BankifeaturedIbidukikijeIsiRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Abagore 2 Bafatanywe Litiro 1000 Za Mazutu Bacuruzaga Magendu
Next Article DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?