Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rw’Ikirenga Rwatesheje Agaciro Ikirego Kinenga Ububasha Bwa RIB Bwo Gusaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukiko Rw’Ikirenga Rwatesheje Agaciro Ikirego Kinenga Ububasha Bwa RIB Bwo Gusaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2024 11:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uru rukiko rwanzuye ko ikirego cyari cyaratanzwe na Edward Murangwa cy’uko RIB idakwiye gusaka abantu iterekanye uruhushya ihabwa n’urukiko nta shingiro gifite.

Murangwa yari yaratanze iki kirego muri Mata, 2023.

Urukiko rwanzuye ko abagenzacyaha bafite ububasha bwo gusaka umuntu cyangwa ahantu batitwaje inyandiko y’urukiko igihe cyose bafite amakuru y’uko icyaha bakurikiranye cyakozwe n’uwo muntu cyangwa cyakorewe aho hantu.

Murangwa yari yararegeye Urukiko rw’ikirenga avuga ko ingingo ya 10 igize itegeko rigena imikorere ya RIB iyemerera gusaka umuntu cyangwa inyubako nta ruhushya  rw’urukiko, ikabikora igihe cyose ifite amakuru ahagije atuma runaka akekwaho icyo cyaha cyangwa ayo makuru akaba ahagije k’uburyo aherwaho hakekwa ko ahantu runaka hakorewe cyangwa hagiye gukorerwa icyaha.

Uyu Munyarwanda yavugaga ko izo ngingo zibangamiye izindi ziri mu Itegeko nshinga zivuga ko umutungo w’umuntu ari ntavogerwa kandi ko umuntu ari uwo kubahwa ntavogerwe mu bye bwite.

Avuga kandi ko muri iri tegeko riruta ayandi, harimo ko Leta ifite inshingano zo kurinda umuturage ibyo byose.

Murangwa yashingiye kuri ibi avuga ko RIB nka rumwe mu nzego za Guverinoma idakwiye kwinjira kwa runaka kumusaka iterekanye inyandiko itanzwe n’urukiko kuko kubikora byaba ari ukwica uburenganzira bwa muntu.

Yemeza ko kubikora gutyo ari ukwica nkana ingingo ya 43 y’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Mu kwanzura kuri uru rubanza, Urukiko rw’ikirenga rwavuze ko rwasanze ibyo Murangwa anenga zimwe mu ngingo z’itegeko rishyiraho  RIB nta shingiro bifite kuko nta ngingo n’imwe mu ziyishyiraho zihabanye n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

TAGGED:featuredIkirengaItegekoRIBRwandaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Barasaba Ko Amashyuza Azitirwa
Next Article Rwanda: Ibigo Birindwi Bicukura Amabuye Y’Agaciro Byahagaritswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?