Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ishyaka ANC Riri Kwisenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ishyaka ANC Riri Kwisenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2021 11:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jacob Zuma avugwaho kwimika umuco wo kudahana mu ishyaka ANC
SHARE

General Siphiwe Nyanda niwe wemeza ibi. Abishingira ku makosa ya Politiki iri shyaka riyobora Afurika y’Epfo ryakoze mu mateka atari aya kera, ritigeze rikuramo isomo n’ubu akaba arigejeje ahabi. Ikosa rikomeye ni ‘umuco wo kudahana’

Siphiwe Nyanda ari mu kiruhuko cy’izabukuru ariko yigeze kuba Umugaba mukuru w’ingabo z’Afurika y’Epfo zitwa South African National Defence Force guhera mu mwaka wa 1998 kugeza mu mwaka wa 2005.

Nyuma yabaye Minisitiri ushinzwe itumanaho guhera mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2010.

Kuri we, Ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rikora amakosa, ariko ntagire icyo aryigisha mu rwego rwo kurushaho kunoza imiyoborere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi ngo nibyo bituma kugeza n’ubu ridashobora kwemera ko imidugararo imaze iminsi mu mijyi ya KwaZulu-Natal na Gauteng ryayigizemo uruhare rutaziguye.

Gen Siphiwe Nyanda avuga ko ANC iheruka kugira imiyoborere iboneye ubwo Perezida wa Afurika y’Epfo yari Thabo Mbeki.

Avuga ko muri iki gihe ririya shyaka ririmo abantu bareba inyungu zabo gusa aho kureba iz’ishyaka n’igihugu muri rusange.

Gen Siphiwe Nyanda

Ikindi avuga kiri gutuma ririya shyaka rigira ibibazo muri iki gihe, ni uko rishaka abayoboke batazirigirira akamaro, ahubwo baza ari abo guteza rwaserera.

Bamwe muri bo ni abo muri Kwa-Zulu Natal, aba bakaba ari abaturage bumva ko imibereho yabo mibi igomba guhinduka ari uko mu gihugu habaye mo akajagari.

- Advertisement -

Inama y’Inteko yaguye ya ANC yemeje ko muri iriya Ntara hagomba gushakirwa abayoboke benshi yateranye muri 2007 iteranira ahitwa Polokwane.

Abinjijwe muri ririya shyaka muri iriya nama, nibo kandi bari bashyigikiye Jacob Zuma mu yindi nama yabereye ahitwa Mangaung mu mwaka wa 2012 ubwo uyu mugabo yongeraga gutorerwa kuyobora ririya shyaka riri ku butegetsi.

Ikinyamakuru Daily Maverick cyanditse ko uriya mu Jenerali yakibwiye ko abenshi mu bateza rwaserera muri iki gihe kubera ifungwa rya Zuma ari abinjiye muri ANC mu mwaka wa 2007, bakongera kumutora mu mwaka wa 2012.

Ikindi kivugwa ni uko iyo abagize ishyaka muri rusange ari abantu b’inkomwahato, ni ukuvuga abumva rivuzwe bakarikurikiza badashishoje kandi ku nyungu z’abantu zitari iz’igihugu, ababayobora baba bagize amahirwe yo ‘kubagira ba nyamujya iyo bigiye’

Ibi Gen Siphiwe Nyanda niko asanga bimeze muri ANC y’iki gihe.

Avuga ko ikindi cyerekana ko ANC igeze aharindimuka ni uko ba ‘chairman’ bayo mu Ntara ‘bigize abantu bica bagakiza’.

Yemeza ko ibi bituma abantu bakuka umutima bakibaza niba ibyemezo abo ba ‘chairman’ basaba abanyeshyaka gushyira mu bikorwa biba byafatiwe ku rwego rw’igihugu cyangwa biba ari ibyo ku Ntara.

Mu gihe cya Zuma, Gen Siphiwe avuga ko uriya mugabo yari yarakoze uburyo bwo kwiyegereza bariya ba ‘chairman’ bakamubera amaso n’amatwi ku muntu wese washoboraga kwitambika inyungu ze, harimo n’izo yari asangiye n’abo mu muryango w’abakire b’Abahinde bitwa Gupta.

Gen Siphiwe Nyanda ati: “ Birababaje kubona ishyaka ryacu riri kwitwara gutya mu gihe ryari rimaze imyaka myinshi rizwiho gukorera mu mucyo mu nyungu z’abaturage.”

Inararibonye za ANC zarayegereye biranga…

Abasaza bo muri ANC bayimazemo igihe begereye ubuyobozi bukuru bwayo ngo babugire inama y’uko babona yasubira mu murongo ariko ngo nta kintu kinini byatanze.

Gen Siphiwe Nyanda avuga ko bariya basaza basabye ubuyobozi bwa ANC kureba uko hashyirwaho Komite ishinzwe kureba abanyamuryango basiga icyasha kuri ririya shyaka ‘bakagirwa inama’, abinangiye bakirukanwa ariko ngo ntibumviswe.

Basabye ko hategurwa Inama yo gukora kariya kazi bise National Consultative Conference ariko ntiyaba.

Ngo icyifuzo cyabo cyasubijwe ko ‘nta mwanya n’amafaranga’ bihari byo gutegura iriya nama.

Uriya musirikare avuga ko hari inararibonye ya ANC yitwa Isithwalandwe Ahmed Kathrada yanditse ibaruwa isaba ko Zuma yegura nyuma y’uko urukiko rushinzwe kurinda Itegeko nshinga rusanze yarishe ibikubiye mu ndahiro yarahiye ajya ku buyobozi.

Ikibabaje ni uko ubusabe bwe butahawe agaciro.

Byageze n’aho uwahoze ari Visi Perezida w’iri shyaka Gwede Mantashe   avuga ko gushishikariza Zuma kwegura byatuma ishyaka ricikamo ibice.

Ibi Gen Siphiwe Nyanda avuga ko ubwabyo ari ikibazo kuko byumvikanisha ko Perezida w’Ishyaka aba arusha ishyaka uburemere kandi atari byo.

Ikindi ngo kigaragaraga  ni uko abashukaga Zuma ngo yinangire areke kumvira amategeko y’igihugu n’ay’ishyaka riri ku butegetsi n’ubu ari bo bari inyuma y’ibibazo biri muri ANC by’umwihariko n’ibiri muri Afurika y’Epfo muri rusange.

Igicyenewe ni uko ANC yakwisuzuma igakosora ibitagenda neza muri yo, kandi ngo iki nicyo gihe kuko ibintu biri gufata indi ntera muri Politiki y’Afurika y’Epfo.

TAGGED:AfurikaANCfeaturedGeneralIshyakaZuma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare Haravugwa Mudugudu Ubuza Abaturage Kujya Kuvoma, Ngo Ni ‘Guma Mu Rugo’
Next Article Kazungu Claver Ntakiri Umuvugizi Wa APR FC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?