Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Ituwe N’Amoko Angahe Y’Ibinyabuzima?…Ibisubizo By’Impuguke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Isi Ituwe N’Amoko Angahe Y’Ibinyabuzima?…Ibisubizo By’Impuguke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri iki gihe abahanga bakunze kuburira abanyapolitiki ko niba bashaka ko abaturage babo bazabaho mu gihe kiri imbere barya bagahaga, bagombye kwita ku bidukikije, bakabirinda kwangirika.

Ariko se ubundi umubumbe w’isi utuwe n’amoko angahe y’ibinyabuzima, muri byo ibiri hafi gucika bingana iki?

Ibisubizo bitangwa na Dr Julia Carabias wigeze kuba Minisitiri w’ibidukikije muri Mexique, ubu akaba ari intiti ikora ubushakashatsi ku binyabuzima, akamaro kabyo n’uko byarindwa.

Ari mu banditse igitabo cy’ingenzi kiswe ‘Making Peace With Nature.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikiganiro gikurikira yagihaye abanditsi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku bidukikije, UN Environment.

Ni ubuhe bwoko bw’ibinyabuzima bwenda gucika ku isi?

Dr Julia Carabias:Kuri iki gihe hari amoko agera kuri miliyoni y’inyamaswa z’amoko atandukanye ku isi, ariko dukeka ko hari andi moko menshi tutaravumbura ndetse ashobora kuba abarirwa muri miliyoni umunani cyangwa zirenga.

Aya moko arimo ibimera n’inyamaswa. Ikibabaje ariko ni uko muri ayo moko umunani harimo byibura miliyoni imwe yabwo iri gucika ku isi kandi bitarenze iki kinyajana azaba yacitse niba ntagikozwe ngo abantu bayarinde.

Gucika kw’aya moko bizaba ari icyago ku batuye isi.

- Advertisement -
Ibisamagwe, amafi, utunyamasyo, Inkura, Inzuki,Inkongoro… ni zimwe mu nyamaswa ziri gucika ku isi

None ni iki abantu bakora ngo bayarinde gucika?

Dr Julia Carabias: Politiki twasanze ari ingenzi kurusha izindi kugeza ubu, ni ‘kurinda iyangirika ry’ibyanya bikomye’. Mu yandi magambo ibi bivuze ko urusobe rw’ibinyabuzima rushobora kurindwa abantu bagize icyo bakora.

Kurinda urusobe rw’ibinyabuzima biriho muri iki gihe bizabifasha gukomeza kororoka bikoresheje ubushobozi bifite, ni ukuvuga ubwo bikura mu byanya bibamo no mu mikoranire yabyo.

Icyo nakwibutsa ni uko gukorana kw’ibinyabuzima bigirira umuntu akamaro.

Musanga ari iki za Guverinoma zakora muri uru rwego?

Dr Julia Carabias: Leta zigomba kumenya ko kurinda ibinyabuzima kwangirika ari uburenganzira bwabyo n’ubwo muntu muri rusange. Kubirinda rero bisaba ko hashyirwaho za politiki zibifasha kandi zigashyirwa mu bikorwa.

Ingengo y’imari irakenewe muri uru rwego kandi igomba kuba ihagije hari n’inzego zishinzwe kureba uko iyo ngengo y’imari ikoreshwa.

Dr Julia Carabias wigeze kuba Minisitiri w’ibidukikije muri Mexique.

Ikintu cy’ingenzi kurusha ibindi ariko ni ubushake bwa za Guverinoma, zikumva ko kurinda urusobe rw’ibinyabuzima ari ikintu cy’ingenzi zigomba gushyira mu biza ku mwanya wa mbere.

Leta nizibyirengagiza zizamenye ko mu gihe kiri imbere abaturage b’ibihugu by’isi bazaba mu isi itaboroheye, ihora ibateza akaga.

Akaga ka mbere kazaba ako kubura ibicanwa n’ibiribwa.

Ese hari isano hagati yo kwangirika kw’ibidikikije n’ubukene?

Dr Julia Carabias: Cyane!  Isano irahari kandi ya bugufi. Yewe erega nabigereranya n’inzoka yiruma umurizo. Ubukene butera abantu kwangiza ibidukikije, byarangiza kwandirika nabyo bigateza ubundi bukene ku bandi bari basanzwe bifite.

Ndatanga urugero: Mu bihugu bifite abaturage bakennye uzasanga barangije ibishaka bahinga, bateze isuri, bateze imyuzure, batume ubutaka busharira kubera guhora babuhinga ntibabuhe agahenge.

Iyo ubutaka butakera bituma abaturage barumbya, bagasonza. Kurumbya nabyo bitera inzara n’ubukene kuko abantu bateza ngo babone ibyo barya banasagurire amasoko.

Kwangiza ibidukikije bitera ubutayu, ubutayu bugatera inzara n’ubukene

Ibi rero bigomba guhinduka! Abantu bakumva ko kurinda ibibakikije ari bo bigirira akamaro karambye aho kugira ngo bishimire kubona inyungu z’ako kanya zizashira vuba.

TAGGED:AmokoDrfeaturedIbinyabuzimaIsiUrusobe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yiyemeje Gushora Miliyari $3 Mu Buhinzi Kugeza Mu 2024
Next Article USA: Abantu Umunani Barashwe Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?