Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Izakomeza Kuba Hafi Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi-Amb Ron Adam
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Israel Izakomeza Kuba Hafi Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi-Amb Ron Adam

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2022 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam
SHARE

Nyuma yo gushyira indabo ku mva ishyinguyemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye i Nyanza ya Kicukiro, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam avuga ko abaturage ba Israel bazi icyo kurokoka Jenoside bivuze. Bityo ngo bazakomeza gufasha abarokotse iyakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 27, Gicurasi, 2022 nibwo abakozi ba Ambasade ya Israel mu Rwanda bagiye kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Iki gikorwa bagikoreye ku rwibutso rw’i Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Muri iki gikorwa kandi IBUKA yari yohereje uyihagararira ari we Olivier Brave Ngabo ushinzwe gukurikirana ibikorwa muri uyu muryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ngabo Brave yabwiye abari baturutse muri Ambasade ya Israel uko abenshi mu bashyinguwe mu rwibutso rwa Nyanza bishwe.

Yababwiye uko Abatutsi bavuye hirya no hino muri Kicukiro bajya mu cyahoze ari ikigo kigisha imyuga cyitwaga ETO Kicukiro bibwira ko bazarindwa n’ingabo z’umuryango w’Abibumbye.

Bibwiraga ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari ziri muri kiriya gice zari bukumire Interahamwe ntizibice ariko si ko byagenze.

Ndetse Abatutsi bari bahahungiye batakambiye ingabo za UNAMIR zari zigiye gutaha ngo zibe ziretse kugira ngo zibarinde ariko ziranga.

Hari n’ababyeyi bazisabye kubajyanira abana ngo byibura bo bazarokoke ariko ntibabyemera ahubwo batwara imbwa zabo.

Interahamwe zimaze kubona ko ingabo za UNAMIR zitashye, zigiriye inama yo kuvana Abatutsi muri ETO Kicukiro zibajyana i Nyanza ya Kicukiro kugira ngo zihabicire nta munyamahanga uzibonye.

Matayo Ngirumpatse wari Perezida w’Interahamwe

Kubera ko ETO Kicukiro ituranye n’ahitwa SONATUBES kandi hakaba hari ihuriro ry’imihanda harimo n’ujya i Kanombe ku kibuga cy’indege, Interahamwe zanze kwicira Abatutsi aho ngaho ahubwo zibajyana ahitaruye, ari ho i Nyanza.

Ngabo Brave ati: “ Mu nzira babajyana, hari  Abatutsi bamwe biciwe aho, abandi bicwa bageze i Nyanza. Mu Batutsi barenga 3000, abagera kuri 90 nibo barokotse gusa.”

Duhuje byinshi…

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda witwa Dr Ron Adam yavuze ko amateka ya Jenoside ari ikintu u Rwanda ruhuriyeho na Israel.

Ati:  “ Njye nk’umuntu ukomoka ku babyeyi bahitanywe na Jenoside yakorewe Abayahudi, nzi neza icyo kwica uzizwa uwo wavutse uri we bisobanura. Nzi neza icyo kwicazwa ahantu nta kindi utegereje ari urupfu bisobanura. Nifuriza abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kuruhukira mu mahoro kandi tuzakomeza gukorana no kuba hafi abayirokotse.”

Abakozi ba Ambasade ya Israel bashyize indabo ku mva i Nyanza ya Kicukiro

Ron Adam yasabye abarokotse Jenoside kujya bavuga cyangwa bakandika ibyababayeho bikazabera ubuhamya abazabakomokaho kandi bigacecekesha abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma yo gushyira indabo ku rwibutso rw’i Nyanza, abakozi ba Ambasade basuye ‘ubusitani bwo kwibuka’ buri hafi aho.

Urwibutso rw’i Nyanza muri Kicukiro ruruhukiyemo imibiri 105,000 y’Abatutsi bari batuye muri Komini ya Kicukiro cyangwa mu bindi bice byari bihaturiye.

TAGGED:AdamAmbasaderifeaturedIsraelJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapolisi Bashinzwe Umutekano Wo Mazi Bongererewe Ubumenyi
Next Article Nyarugenge: Urubyiruko Rw’I Karama Ruri Kwiga Ubukorikori N’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?