Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Na Hamas Bongereye Agahenge K’Iminsi Ibiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Na Hamas Bongereye Agahenge K’Iminsi Ibiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2023 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko agahenge k’iminsi ine kari kemejwe hagati ya Israel na Hamas karangiye kuri uyu wa Mbere, impande zombi zemeranyije ko hongerwaho indi minsi ibiri kugira ngo guhererekanya imfungwa n’abatwawe bunyago bikomeze.

Mu bagomba kurekurwa harimo n’Abanyamerika bafunzwe na Hamas.

Umwe mu bayobozi ba Hamas yavuze ko bahisemo kongera iminsi y’agahenge kugira ngo abarwanyi bayo Israel ifunze ibarekure kandi imfashanyo ikomeze kugera ku baturage ba Gaza bahunze intambara.

Ibiro by’Umukuru w’Amerika bivuga ko kuba hemeranyijwe indi minsi ibiri y’agahenge ari icyemezo gikomeye kiri buhe abarwanyi ba Hamas uburyo bwo gukomeza kwisuganya, ariko ngo nta kundi byari kugenda kubera hari n’Abanyamerika bari hagati y’umunani n’icyenda bagomba kurekurwa.

Umwana umwe w’Umunyamerika niwe uherutse kurekurwa, akaba  uwitwa Abigail Edan warekuwe ku Cyumweru, asubizwa benewabo bashoboye kurokoka amasasu ya Hamas mu bitero byabaye taliki 07, Ugushyingo, 2023.

Guverinoma ya Qatar niyo yatangaje iby’aka gahenge k’indi minsi ibiri kuko ni yo isanzwe ihuza impande zihanganye.

Ubuhuza bwa Qatar bwagize akamaro kanini kuko hari n’indi nkunga yahawe abahunze Gaza irimo no kubagazaho gazi yo gutekesha.

N’ubwo ari uko ibintu bimeze, Hamas ishinjwa ko iri kurekura abana ariko igasigarana ababyeyi babo.

Ikinyamakuru cyo muri Israel kitwa Haaretz  kivuga ko abenshi mubo Hamas yarekuye ari abakomoka mu gace ka Nir Oz, aka gace kakaba karibasiwe n’ibitero byayo kuko abenshi mu bari bagatuye bishwe abandi batwarwaho iminyago.

Mu gihe ibintu bikimeze gutyo, amakuru avuga ko hari abandi bantu benshi Hamas yatwayeho iminyago ariko bitazwi aho baherereye.

Uyu mutwe kandi, binyuze mu magambo y’umwe mu bantu bawo bakomeye witwa Izzat al-Risheq, uvuga ko ingingo yo kurekura abasirikare ba Israel  izaganirwaho ku ruhande.

Ngo ntaho ihuriye no kurekura abasivili.

Hamas yavuze kenshi ko izarekura abo basirikare ari uko Israel nayo irekuye abarwanyi bayo yatakiye ibihano ibashinja iterabwoba.

Hagati aho kandi impande zihanganye zemeza ko igihe cy’agahenge nikirangira, zizasubukura intambara.

TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedHamasIminyagoIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubujurire Bwa CG(Rtd) Gasana Bwanzwe
Next Article Icyamamare Muri Cinema Nyarwanda Alliah Cool Yahembewe Muri Nigeria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?