Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatangiye Kwitegura Kurwana N’Ibitero Byava Muri Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yatangiye Kwitegura Kurwana N’Ibitero Byava Muri Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2024 6:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabo za Israel ziteguye kurwana indi ntambara yava muri Syria
SHARE

Ingabo za Israel zikorera mu bice byegereye Syria zatangiye kwitegura kuzarwana n’abashobora kuva yo bakayitera cyane cyane ko ingabo z’iki gihugu zamaze guhunga umupaka uri mu bitwa bya Golan( mu Cyongereza babyita Golan Heights) bigabanya ibihugu byombi.

Syria ihana imbibi na Israel ku gice cy’ahitwa Golan, iki kikaba igice cya Israel ariko cyahoze ari icya Syiria mbere y’Intambara y’iminsi itandatu yahujeIsrael n’ibihugu by’Abarabu mu myaka myinshi yatambutse.

Imirwano iri kubera muri Syria muri iyi minsi ihangayikishije Israel kuko ishobora kurenga imipaka ya Syria ikagera hanze yayo harimo no muri Israel.

Nyuma yo gusuzuma uko ibintu byifashe, abayobozi b’ingabo z’iki gihugu banzuye ko umutwe w’ingabo z’inkeragutabara zikorera muri kiriya gice ukwiye kwiryamira amajanja.

Kwitegura intambara kwa Israel kwabaye nyuma yo kubona ko abasirikare ba Syria batangiye kuva mu gace ka Quneitra gahanba imbibi na Israel.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza byabwiwe n’umwe mu basirikare ba Syria utavuzwe amazina ko byabaye ngombwa ko baba bigiye inyuma mu rwego rwo kwisuganya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu hari n’abandi basirikare b’iki gihugu bahisemo guhunga bava mu bice bya Daraa na Suwayda biherereye mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’iki gihugu.

Si ingabo za Syria zonyine ziri guhunga ahubwo n’abarwanyi bari basanzwe bakorana nazo ariko bakaba bafashwa na Iran, Afghanistan na Pakistan nabo bari kuyabangira ingata bagana ahitwa Al-Qa’im haturanye na Iraq.

Ku wa Gatanu Israel yakoresheje imyitozo abasirikare bayo iri gutegurira intambara yayigabwaho iturutse muri Syria.

Ni imyitozo yakozwe ku bufatanye bw’ingabo zirwanira ku butaka n’ingabo zirwanira mu kirere.

Muri iki gihe Israel iri mu ntambara irwana na Hamas yo muri Palestine, Hezbollah yo muri Lebanon, ubu ikaba yatangiye kwitegura iyo ishobora kurwana n’abazayitera binjiriye muri Syria.

TAGGED:AbarwanyiIbiteroIngaboIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Ubushinwa Ari Igihangange Ni Ikintu Cyiza-Perezida Kagame
Next Article Gakenke: Imodoka Yaguye Mu Mugezi Abayirimo Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?