Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ITURI: Abantu 40 Bishwe Mu Minsi Itatu, UN Iratabaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

ITURI: Abantu 40 Bishwe Mu Minsi Itatu, UN Iratabaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubutabazi, UN Office for the Coordination of Humanitarian Affairs, ritangaza ahitwa Bunia mu Ntara ya Ituri muri DRC hari kubera ubwicanyi budasanzwe k’uburyo mu minsi itatu hamaze gupfa abantu bagera kuri 40.

Bivuze ko ku munsi hicwa abantu barenga gato 13 ugereranyije.

Ubuyobozi bwa ririya shami buvuga ko intambara n’imidugararo yaranzwe muri kiriya gice mu myaka myinshi yatambutse yatumye abagituye bakuka umutima, bamwe bajya mu mitwe y’inyeshyamba byo guhebera urwaje.

Imibare yabwo kandi ivuga ko guhera muri Mutarama, 2023 abantu bagera ku 600 ari bo bamaze kwicwa, abagera kuri 345,000 bavanwa mu byabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikibazo kiriho ni uko abakozi ba UN batanga ubufasha bagorwa n’uko batabona inkunga ihoraho kandi izira igihe ngo ibafashe gufasha abavanywe mu byabo n’iriya midugararo biganjemo abagore n’abana.

Inkunga baterwa ingana na 30% gusa by’amafaranga bakeneye ngo bafashe abantu bose bari mu bibazo kandi badasiba kwiyongera.

Umuvugizi w’Umunyamabanga mukuru wa UN witwa Stéphane Dujarric asaba amahanga guhaguruka agatanga amafaranga n’ibindi bintu nkenerwa kugira ngo abatuye Ituri batabarwe kandi imbaraga zo guhosha iriya mirwano zongerwe.

Stéphane Dujarric
TAGGED:DRCIntambaraIturiUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Guta Inshingano Byatumye Visi Meya Yeguzwa
Next Article Ikigega Mpuzamahanga Cy’Imari Gishima Imikorere Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?