Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Tshisekedi Avuga Ko Yatera U Rwanda Nta Makuru Aba Afite- Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Iyo Tshisekedi Avuga Ko Yatera U Rwanda Nta Makuru Aba Afite- Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda avuga ko iby’uko DRC izatera u Rwanda ari amagambo Perezida w’iki gihugu avuga ariko nta makuru arambuye abifiteho.

Avuga ko nta makuru aba afite iyo akangisha intambara Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iby’uko azatera u Rwanda, Tshisekedi yabivuze ubwo yarangiza kwiyamamaza ku kibuga cyitiriwe Mutagatifu Thérèse i Kinshasa, tariki ya 18 Ukuboza 2023.

Yabwiye Abanye-Congo ko azasaba imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo kurasa i Kigali.

Bidatinze ayo magambo yayavigiye kuri radio yitwa Top Congo FM.

Mukuralinda, mu kiganiro yagiriye kuri Ukwezi TV nyuma gato y’iyo mvugo ya Tshisekedi yabajijwe kuri icyo avuga ku magambo ya Tshisekedi, n’andi yose yavuze ku Rwanda na Perezida Kagame mu bihe byashize, asubiza ko arimo ubushotoranyi kandi ko agaragaza umugambi wa Leta ya RDC wo gushaka gushoza intambara ku Rwanda.

Icyakora yunzemo ko n’ubwo Tshisekedi akomeza kwigamba ko azashoza intambara ku Rwanda, yibagirwa ko uwo avuga ko azatera ari umusirikare wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu.

Ngo Kagame yanyuze mu bibazo bikomeye by’intambara arara mu mashyamba n’indaki, bityo ko intambara ayizi.

Mukuralinda yagize ati: “Iyaba yari azi ko Perezida Kagame, mbere yo kugera aho ari, we yari mu ishyamba no mu myobo! Ahubwo we yigeze ayijyamo? Azi ibyo ari byo?”

Perezida Kagame  nawe yigeze gusuziba KNC uyobora Radion/TV1 ko Abanyarwanda bagomba kuryama bagasinzira, ko ibyo gutera u Rwanda DRC iba ivuga bitazashoboka.

Perezida Kagame yabwiye KNC ko Abanyarwanda bakwiye kuryama bagasinzira rwose

Ibi ni nabyo Mukuralinda asaba Abanyarwanda.

TAGGED:AbaturagefeaturedKNCMukuralindaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINALOC Isaba ‘Abayobozi Bashya’ Kuzirikana Akamaro K’Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Next Article Stade Amahoro Yashyizwemo Amatiyo Azayivomerera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?