Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Tshisekedi Avuga Ko Yatera U Rwanda Nta Makuru Aba Afite- Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Iyo Tshisekedi Avuga Ko Yatera U Rwanda Nta Makuru Aba Afite- Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda avuga ko iby’uko DRC izatera u Rwanda ari amagambo Perezida w’iki gihugu avuga ariko nta makuru arambuye abifiteho.

Avuga ko nta makuru aba afite iyo akangisha intambara Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iby’uko azatera u Rwanda, Tshisekedi yabivuze ubwo yarangiza kwiyamamaza ku kibuga cyitiriwe Mutagatifu Thérèse i Kinshasa, tariki ya 18 Ukuboza 2023.

Yabwiye Abanye-Congo ko azasaba imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo kurasa i Kigali.

Bidatinze ayo magambo yayavigiye kuri radio yitwa Top Congo FM.

Mukuralinda, mu kiganiro yagiriye kuri Ukwezi TV nyuma gato y’iyo mvugo ya Tshisekedi yabajijwe kuri icyo avuga ku magambo ya Tshisekedi, n’andi yose yavuze ku Rwanda na Perezida Kagame mu bihe byashize, asubiza ko arimo ubushotoranyi kandi ko agaragaza umugambi wa Leta ya RDC wo gushaka gushoza intambara ku Rwanda.

Icyakora yunzemo ko n’ubwo Tshisekedi akomeza kwigamba ko azashoza intambara ku Rwanda, yibagirwa ko uwo avuga ko azatera ari umusirikare wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu.

Ngo Kagame yanyuze mu bibazo bikomeye by’intambara arara mu mashyamba n’indaki, bityo ko intambara ayizi.

Mukuralinda yagize ati: “Iyaba yari azi ko Perezida Kagame, mbere yo kugera aho ari, we yari mu ishyamba no mu myobo! Ahubwo we yigeze ayijyamo? Azi ibyo ari byo?”

Perezida Kagame  nawe yigeze gusuziba KNC uyobora Radion/TV1 ko Abanyarwanda bagomba kuryama bagasinzira, ko ibyo gutera u Rwanda DRC iba ivuga bitazashoboka.

Perezida Kagame yabwiye KNC ko Abanyarwanda bakwiye kuryama bagasinzira rwose

Ibi ni nabyo Mukuralinda asaba Abanyarwanda.

TAGGED:AbaturagefeaturedKNCMukuralindaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINALOC Isaba ‘Abayobozi Bashya’ Kuzirikana Akamaro K’Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Next Article Stade Amahoro Yashyizwemo Amatiyo Azayivomerera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?