Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Ucururiza Mu Gikari Urahomba- Inama Ya Rwiyemezamirimo W’Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Iyo Ucururiza Mu Gikari Urahomba- Inama Ya Rwiyemezamirimo W’Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2022 4:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugore wiyemeje gutunganya ubuki kugira ngo abugurishe haba mu Rwanda  no mu mahanga wari waje mu imurikagurisha ryiswe ‘Le Village de la Femme’ witwa Uwibona Jeanne Sheila yabwiye Taarifa ko iyo umuntu acururiza mu gikari( ahahirereye) ibye bidatera imbere.

Yavuze ko kuba yaje kwifatanya na bagenzi be kumurika ibyo bakora ari ikintu buri wese yagombye gukora kuko bifasha abakiliya kumenya aho bahahira ibintu bitandukanye.

Ati: “ Burya iyo ucuruza ariko ntugeze kuri benshi ibyo ukora biguma aho uri, bikagurwa na bacye, ariko iyo uhuye n’abandi bituma waguka. Buriya iyo ubashije kugira imbaraga zo gutangira  ikintu cya business, ni intambwe ikomeye.”

Ubuki bwa Uwibona

Uwibona Jeanne Sheila avuga ko umugore usanzwe akora ubushabitsi(ubucuruzi) aba agomba gushaka aho amurikira ibyo akora kugira ngo bitaguma iwe gusa .

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko muri iki gihe, inzego nyinshi zafunguye kubera ko COVID-19 yagenje amaguru macye, ngo ni ngombwa ko buri wese ufite icyo akora agomba kwegera bagenzi be akabibereka cyane cyane ahantu hahurira ba mukerarugendo nko mu mahoteli n’ahandi.

Uwibona Jeanne Sheila  afite uruganda rutunganya ubuki rukorera ahitwa Gacuriro.

Taliki 123, Nzeri, 2022 yabwiye Taarifa ko yarushinze  kugira  ngo atunganye ubuki bukwiye kuribwa n’Umunyarwanda.

Le Village de la Femme: Imurikagurisha ry’Abanyarwandakazi.

Uyu afite igikorwa cyo gufasha abana kugira imibereho myiza

Abagore 45 bafite ibigo bikora ibikoresho na serivisi bitandukanye bahuriye muriKigali Marriot kugira ngo baganire na bagenzi babo babatanze mu bucuruzi bahungukire ibitekerezo byo kwiteza imbere.

- Advertisement -

Barimo abakora imyenda, imitako, abatunganya ibiribwa n’ibinyobwa, abatanga serivisi zo guhahira kuri murandasi(e-commerce) n’abandi.

Chystel Intaramirwa wateguye ririya murikagurisha afatanyije n’umuvandimwe we Mutumwinka Aretha yabwiye Taarifa ko igitekerezo cyo guhuriza hammwe bariya bagore byakozwe mu rwego rwo kubaha urubuga rwo guhura, buri wese akigira ku wundi.

Avuga ko kwigira ku wundi bizatuma abagore bitabiriye ririya murikagurisha babona aho bagurishiriza ibyo bakoze kandi bakungurana ubumenyi bwerekeye uko banoza ibyo bakora.

Intaramirwa avuga ko ubucuruzi bwinshi bwa bariya bagore bugiciriritse bityo ngo kubahuza ni ukubaha amahirwe yo kwaguka, bakamenya ibyo abandi babarushije.

Ati: “Ni urubuga ruba ahandi ku isi rwitwa Le Village de la Femme, rugamije guha abagore umwanya wo kumenyana no kubwirana ibyo bakora hagamijwe ko bamwe bigira kandi bakungukira ku bandi. Ni networking…”

Chrystel Intaramirwa, umwe mu bateguye ririya murikagurisha

Mu gutoranya abitabiriye ririya murikagurisha, hatanzwe amahirwe itangazo ry’abashaka kuyitabira rirahitishwa.

Chystel Intaramirwa avuga ko  imurikagurisha batangije  kuri uyu wa Gatanu taliki 18, Werurwe, 2022 rizaba ngarukamwaka kandi rikabera ahagutse kurushaho.

Ryitabiriwe n’abagore baturutse no mu Ntara z’u Rwanda.

Bamurika byinshi bakora

Hari bamwe baje kumurika ubuki batunganyiriza i Musanze.

Mu bafatanyabikorwa muri iri murikagurisha hazaba harimo abafatanyabikorwa nka Banki ya Kigali, RSSB, MTN, ACCESS Bank na  Rwandair n’ibindi bigo.

TAGGED:AbagorefeaturedImurikagurishaIntaramirwaRwiyemezamirimoUbuki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Igihe Kinini Muyango Agiye Gutaramira Abakunda Gakondo
Next Article Uyoboye Tchad Ari Mu Rwanda, Yahuye Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?