Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo USA ifashije uburezi mu Rwanda iba ifashije igihugu cyose- Min Uwamariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo USA ifashije uburezi mu Rwanda iba ifashije igihugu cyose- Min Uwamariya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 2:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubwo batahaga ririya shuri
SHARE

Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya ashimira USA inkunga itera uburezi bw’U Rwanda, akemeza ko gufasha uburezi kugira ngo butere imbere bifasha n’igihugu cyose.

Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 02, Ukuboza, 2020 ubwo we na Ambasaderi wa USA mu Rwanda Peter Vrooman batahaga ishuri ribanza rya Kimihurura muri Gasabo.

Iri shuri ryuzuye ritwaye miliyoni 400 Frw rikaba ari ishuri ryubatswe mu buryo bworohereza abana bafite ubumuga kugera mu byumba bigiramo, bakabona n’ubwiherero buboroheye.

Ishuri ryisumbuye rya Kimihururo rifite ubwiherero 30 bworohereza abafite ubumuga, n’uburyo bugezweho bwo gukusanya amazi yanduye n’ibigega bihagije byo kubika amazi.

Ambasaderi wa USA mu Rwanda Bwana Peter Vrooman avuga ko ririya shuri rifite n’amashanyarazi ahoraho .

Ati: “ Uburezi budaheza n’abana bafite ubumuga ni ingenzi mu guha abana bose uburezi buzatuma bagira icyo bimarira mu gihe kiri imbere.”

Mu gihe kiri imbere harateganywa kuzubakwa irindi shuri nka ririya ahitwa Tyazo mu murenge wa Kanjongo  muri Nyamasheke mu Ntara y’ i Burengerazuba.

Muri uyu murenge niho haba ibitaro bya Kibogora.

Ibikorwa USA itera inkunga mu Rwanda  ibicisha mu Kigega cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID.

Kugeza ubu Leta zunze ubumwe z’Amerika zateganyije miliyari 605 Frw azafasha guteza imbere uburezi bw’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.

Igice kinini cy’aya mafaranga cyashyizwe mu bikorwa bigamije gufasha uburezi bw’ibanze cyane  cyane abw’incuke binyuze mu kubigisha Ikinyarwanda hakiri kare.

Abahanga mu burezi no mu mitekereze ya muntu bavuga ko iyo umwana yize neza kandi akamenya ururimi rw’ababyeyi be akiri muto bimufasha no kumenya izindi ndimi z’amahanga.

Ishuri ribanza rya Kimihurura riherutse gutahwa rifite icyumba cy’ibitabo bigenewe abana bo mu wa Mbere kugeza mu wa Gatatu w’amashuri abanza.

Kugeza ubu USAID yaheye u Rwanda  ibitabo bingana na miliyoni esheshatu bizafasha abana kongera ubumenyi bwabo mu gusoma.

Ibi bitabo byatanzwe mu mushinga wiswe ‘Soma Umenye.’

Ambasaderi wa USA mu Rwanda Peter Vrooman na Dr Uwamariya Valentine mu ifoto y’urwibutso
TAGGED:featuredGasaboIshuriKimihururaNyamashekem TyazoUbureziUSAUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutoza mukuru w’Amavubi Basketball yeguye
Next Article Afurika y’Epfo yongeye kohereza uyihagararira mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?