Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jacob Zuma Yasabiwe Gusubira Muri Gereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jacob Zuma Yasabiwe Gusubira Muri Gereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2022 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ubujurire muri Afurika y’Epfo rwatangaje ko rwasanze impamvu z’uburwayi zari zatanzwe n’abunganira ndetse n’abo muryango wa Jacob Zuma z’uko agomba kurekurwa kandi koko zikaba zaratumye arekurwa, nta shingiro mu by’ukuri zari zifite. Bityo rero ngo  agomba gusubizwa muri gereza akarangiza igifungo yakatiwe.

Inyandiko y’urukiko iravuga iti: “ Ibyari byashingiweho uyu mugabo arekurwe by’uko yari arwaye, twasanze nta shingiro bifite bityo agomba gusubira muri gereza akarangiza igihano cye.”

Jacob Zuma muri iki gihe afite imyaka 80 y’amavuko.

Muri Kamena, 2021 nibwo urukiko rwamukatiye gufungwa amezi 15 nyuma yo kumuhamya kuba nyirabayazana w’imidugararo yaguyemo abantu benshi.

Bamukojeje muri gereza amezi abiri, ahita arekurwa nyuma y’uko abamuburaniraga hamwe n’abaganga bavuze ko arwaye arembye.

Ijwi ry’Amerika rivuga ko n’ubwo uru rukiko rwasabiye Zuma gusubira muri gereza, ngo aracyafite andi mahirwe yo kuba yajuririra urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga kandi ngo nirwo rusumba izindi zose.

Jacob Zuma ari mu bantu baharaniye ko ubutegetsi bw’Abazungu bwahezaga Abirabura buvanwaho muri Afurika y’Epfo.

Mu mwaka wa 2009 nibwo yatorewe kuyobora Afurika y’Epfo ariko mu mwaka wa 2018 aza gutekekwa n’abo mu ishaka rye, ANC, kwegura.

Icyo gihe yashinjwaga bikomeye kwishora mu bikorwa bya ruswa yahabwaga n’Abahinde b’abakire bari bagize ikitwa ‘Gupta family.

Ubwo umwanzuro w’uko yagombaga gufungwa wafatwaga, abamushyigikiye biganjemo abakene bo muri kiriya gihugu barahugurutse barasara barasizora.

Bagiye mu mihanda batwika amapine ndetse muri aka kajagari haza kugwa abantu 350.

Ubwo yatumizwaga ngo aze asobanure ibyo yaregwaga, yasuzuguye urukiko bituma rutegekwa ko afungwa amezi 15.

TAGGED:AfurikafeaturedRuswaZuma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Ifite Ubuyobozi Bushya Ku Rwego Rw’Igihugu
Next Article Indonesia: Abantu 56 Bahitanywe N’Umutingito Abandi 700 Barakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?