Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jacob Zuma Yasabiwe Gusubira Muri Gereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jacob Zuma Yasabiwe Gusubira Muri Gereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2022 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ubujurire muri Afurika y’Epfo rwatangaje ko rwasanze impamvu z’uburwayi zari zatanzwe n’abunganira ndetse n’abo muryango wa Jacob Zuma z’uko agomba kurekurwa kandi koko zikaba zaratumye arekurwa, nta shingiro mu by’ukuri zari zifite. Bityo rero ngo  agomba gusubizwa muri gereza akarangiza igifungo yakatiwe.

Inyandiko y’urukiko iravuga iti: “ Ibyari byashingiweho uyu mugabo arekurwe by’uko yari arwaye, twasanze nta shingiro bifite bityo agomba gusubira muri gereza akarangiza igihano cye.”

Jacob Zuma muri iki gihe afite imyaka 80 y’amavuko.

Muri Kamena, 2021 nibwo urukiko rwamukatiye gufungwa amezi 15 nyuma yo kumuhamya kuba nyirabayazana w’imidugararo yaguyemo abantu benshi.

Bamukojeje muri gereza amezi abiri, ahita arekurwa nyuma y’uko abamuburaniraga hamwe n’abaganga bavuze ko arwaye arembye.

Ijwi ry’Amerika rivuga ko n’ubwo uru rukiko rwasabiye Zuma gusubira muri gereza, ngo aracyafite andi mahirwe yo kuba yajuririra urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga kandi ngo nirwo rusumba izindi zose.

Jacob Zuma ari mu bantu baharaniye ko ubutegetsi bw’Abazungu bwahezaga Abirabura buvanwaho muri Afurika y’Epfo.

Mu mwaka wa 2009 nibwo yatorewe kuyobora Afurika y’Epfo ariko mu mwaka wa 2018 aza gutekekwa n’abo mu ishaka rye, ANC, kwegura.

Icyo gihe yashinjwaga bikomeye kwishora mu bikorwa bya ruswa yahabwaga n’Abahinde b’abakire bari bagize ikitwa ‘Gupta family.

Ubwo umwanzuro w’uko yagombaga gufungwa wafatwaga, abamushyigikiye biganjemo abakene bo muri kiriya gihugu barahugurutse barasara barasizora.

Bagiye mu mihanda batwika amapine ndetse muri aka kajagari haza kugwa abantu 350.

Ubwo yatumizwaga ngo aze asobanure ibyo yaregwaga, yasuzuguye urukiko bituma rutegekwa ko afungwa amezi 15.

TAGGED:AfurikafeaturedRuswaZuma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Ifite Ubuyobozi Bushya Ku Rwego Rw’Igihugu
Next Article Indonesia: Abantu 56 Bahitanywe N’Umutingito Abandi 700 Barakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?