Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jenerali Wo Muri DRC Akurikiranyweho Gukorana N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jenerali Wo Muri DRC Akurikiranyweho Gukorana N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2022 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Antoine Felix Tshisekedi aherutse guha France 24 yavuze ku kibazo cya Lieutenant-General Philémon Yav Irung kivuga ko hari uburyo akorana n’u Rwanda. Ngo ni ikibazo  cyamugezeho ari hanze y’igihugu cye.

Uyu musirikare mukuru yahoze ayobora  ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo harimo na M23.

Umunyamakuru wa France 24 yabajije Perezida Tshisekedi iby’ifungwa ry’uwo mu Jenerali.

Yaramusubije ati: “Philimon Yav, ikibazo cye cyangezeho ndi hanze, bagenzi be bamushinja ko yabahamagaye mu izina ry’u Rwanda, kugira ngo bave mu nzira borohereze M23 gufata Umujyi wa Goma zitarwanye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Tshisekedi yunzemo ko hari iperereza rigikorwa kuri iki kirego ariko ngo azamenya byinshi kuri iyi ngingo nagera mu gihugu.

#RDC🇨🇩: Le Président Félix Tshisekedi sur le lieutenant – général Philemon Yav accusé d’avoir été contacté « pour le compte du Rwanda » afin de « lever le pied et permettre au #M23 de passer aisément et de prendre la ville de Goma ». pic.twitter.com/EFG5BEeXBx

— Pascal Mulegwa (@pascal_mulegwa) September 23, 2022

Mbere amakuru yari yatangajwe na RFI ku ifungwa ry’uwo musirikare yavugaga ko  yatawe muri yombi akekwaho ubugambanyi no gushaka guhirika ubutegetsi.

Yahise ajya gufungirwa muri gereza nkuru y’i Makala mu Murwa mukuru Kinshasa.

Nta cyo u Rwanda ruravuga kuri iki kirego.

- Advertisement -

Lt Gen Yav avugwaho no kugira uruhare mu  rupfu rwa Brig Gen Ghislain Tshinkobo Mulamba wishwe arozwe.

Mu kiganiro cye na France 24, Perezida Felix Tshisekedi yabajijwe uko igisirikare cye gihagaze, nyuma yaho kinaniwe guhangana n’inyeshyamba zirimo n’iza M23, bikaba ngombwa ko yiyambaza MONUSCO.

Muri iki gihe kandi hari gutegurwa umutwe w’ingabo zo mu Karere zizajya gufasha DRC kwirukana iriya mitwe, bityo bikaba byerekana ko ingabo z’igihugu cye zifite intege nke.

Tshisekedi yavuze ko imbaraga nke z’igisirikare ari ikintu kimaze igihe bityo ko kitapfa guhita gikemuka.

Yagize ati: “Ntabwo ukemura ikibazo nk’icyo mu gihe gito. Izo ngabo zirimo uruvange, izahoze ari iza Zaïre, ba kadogo n’imitwe y’inyeshyamba zavanzwe. Ni ikintu kimwe kigizwe n’ibintu byinshi.”

Tshisekedi yabwiye abanyamakuru ko hari itegeko riri gutunganywa kugira ngo rizafashe mu gutuma igisirikare cy’igihugu cye kiba icy’umwuga kandi kihagazeho.

Perezida Felix Tshisekedi yavuze no ku ngabo z’Akarere zizafasha iza Congo kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Yatangaje ko abasirikare bo muri Kenya ari bo bazoherezwa i Bunagana kuhirukana M23.

Bunagana igiye kumara amezi ane igenzurwa na M 23.

TAGGED:AkarereBunaganaM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Comedy Knights Yadukanye Urwenya Yise ‘Bitu Biko’
Next Article Nyamasheke: Bahawe Ibyuma By’Imirasire Y’Izuba Bidakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Impunzi Zo Muri Sudani Y’Epfo Zirahungira Muri DRC Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?