Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jibu Rwanda Yatsindiye Guha Amazi Abazitabira Irushanwa Giants Of Africa Festival
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Jibu Rwanda Yatsindiye Guha Amazi Abazitabira Irushanwa Giants Of Africa Festival

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2023 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutsindira mu buryo budasubirwaho kuzaha amazi abakinnyi, abatoza n’abandi bazitabira imikino yo muri Festival yiswe Giants of Africa iri hafi kubera mu Rwanda, Jibu Rwanda ivuga ko ari intambwe nziza iteye kandi itazatezuka k’uguha Abanyarwanda amazi asukuye bidashidikanywaho.

Ubuyobozi bw’iki kigo mpuzamahanga, ishami ry’u Rwanda, buvuga ko buri gukora cyane ngo buhe Abanyarwanda bose amazi bakeneye kandi hirindwe plastics zikoreshwa rimwe zikajugunywa kuko zigira uruhare rutaziguye mu kubangamira ibidukikije.

Ku byerekeye Festival ya Giants of Africa, ni ngombwa kwibuka ko imikino iba igamije no guhuza abantu bagasabana, bakumva ibintu kimwe bityo ubumwe bwabo bukaramba.

Jibu Rwanda ivuga ko yaje muri ubu bufatanye kugira ngo ihe urubyiruko amahirwe yo gukomeza kwerekana impano zarwo mu mikino kandi ntibibe umwihariko w’Abanyarwanda gusa ahubwo bigere no mu bihugu birukikije.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bihe bitandukanye no mu buryo butandukanye, Jibu Rwanda yagize uruhare mu guteza imbere siporo mu Rwanda.

Ingero zibyerekana zigaragarira mu gutera inkunga irushanwa rya Golf riba muri buri mpeshyi ryitwa Rwanda Summer Golf Festival, gutera inkunga isiganwa ry’amagare ryiwa Bugesera Cycling Tournament ndetse no mu gutera inkunga ikipe ya Marine Football Club.

Jibu Rwanda itera inkunga Bugesera Cycling Tournament
Ndetse na Marine Football Club bamaze igihe bakorana

Hari n’indi mishinga iki kigo cyafashije mu guteza imbere igamije iterambere rusange ry’abaturage.

Mu mikoranire yayo na Giants of Africa Tournament, Jibu Rwanda yiyemeje kuzaha abazayitabira amazi ahagije kandi afutse azafasha imibiri yabo kutumagara kubera ko iyo amazi ari make mu mubiri w’umuntu, umubiri we urazahara.

Ni ngombwa kuzirikana ko 70% by’amaraso y’umuntu bigizwe n’amazi.

- Advertisement -

By’umwihariko, abakinnyi nibo bakenera amazi kurushaho kugira ngo ingingo zabo zikore neza.

Ubuyobozi bwa Jibu Rwanda buvuga ko amacupa azaba yiganje mu bafana no mu bakinnyi ari akozwe muri aluminum yitwa  JIBU Yanjye Aluminum Bottles.

Irushanwa The Giants of Africa Festival rizatangira taliki 13, rirangire taliki 19, Kanama, 2023.

Rizitabirwa n’abakinnyi ba Basketball bakomeye muri Afurika, abahanzi bamamaye cyane, abahanga mu by’uburezi n’umuco n’ibindi byamamare by’Afurika biri ku rwego rwo hejuru.

Ibyamamare by’Afurika bizitabira iyi Festival
Masai Ujiri washinze Giants of Africa ari kumwe na Perezida Paul Kagame
TAGGED:AmaziBasketballJIBURwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Meya Uherutse Kwirukanwa Yahererekanyije Ububasha N’Umusimbuye
Next Article Uwiyamamarizaga Kuba Perezida Wa Equateur Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?