Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jose Chameleone Yananiwe Kwishyura Ibitaro Byo Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Jose Chameleone Yananiwe Kwishyura Ibitaro Byo Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2023 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joseph Mayanja uzwi nka Dr Jose Chameleone arembeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera kurwara igifu.

Muri iyi minsi yagiye kuvurirwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Mu minsi yatambutse abaganga bari baramugiriye inama yo kubagwa igifu ngo bakosore ikibazo kitarakomera cyane.

Icyakora mu minsi ishize ubwo yajyaga muri Amerika, ubuzima bwe bwarongeye buramuzonga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Se wa Chameleone yabwiye  Bukedde TV ko umuhungu we yarembeye muri Amerika kubera ko igifu kimubabaza cyane.

Se yitwa Gerald Mayanja.

Yagize ati: “Chameleone yarwaye kuva mu mezi ashize. Ubwo yajyaga muri Amerika, uburwayi bwarushijeho kwiyongera. Ubu ararembye cyane. Yagiye agira ibibazo mu nda ku buryo arimo kwivuza ”.

Muri Kamena, 2023 rwagati nibwo Chameleone yagiye muri Amerika.

Yari afite gahunda y’uko n’ibirangira azakomereza muri Jamaica aho yari bujyane n’umuhungu we witwa Abba.

- Advertisement -

Ibi byarabaye kubera ko we n’umuhungu we banasuye inzu ya Bob Marley ( ubu yagizwe  inzu ndangamurage), ikaba iba mu Murwa mukuru, Kingston.

Avuye muri Jamaica yasubiye muri Amerika.

Nibwo igifu cyahise kimuhinduka ajyanwa mu bitaro by’i Minnesota igitaraganya, ageze yo baramubaga.

Icyakora yaje kugarura agatege, ubu akaba ahangayikishijwe no kwishyura ibitaro amafaranga angana na Miliyoni 370 z’amashilingi ya Uganda.

Hari amakuru avuga ko uyu muhanzi yagejeje ikibazo cye cy’ubwishyu kuri Minisitiri w’Intebe wa Uganda witwa Robinah Nabbanja ngo amutere inkunga.

Minisitiri w’Intebe wa Uganda Robinnah Nabbanja

Ikindi ni uko abahanzi benshi muri Uganda bari kuganira na Leta ngo harebwe uko ariya mafaranga yaboneka, ibitaro by’Abanyamerika bikishyurwa.

TAGGED:ChameleoneIgifuLetaUburwayiUgandaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ramaphosa Yasuye Tshisekedi Ngo Basinyane Amasezerano
Next Article RDF Yaganirije Abashinzwe Umutekano Muri Za Ambasade
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

APR BBC , UGB Na Dolphin BBC Ya Uganda Yabonye Intsinzi Mu Mikino Yo Kwibuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?