Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2025 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kabila aganira n'inararibonye(AFP - JOSPIN MWISHA)
SHARE

Guhera Tariki 25, Gicurasi, 2025 Joseph  Kabila akomeje guhura n’abavuga rikijyana barimo n’inararibonye z’i Goma. Kuri uyu wa Gatanu yaganiriye n’abasaza bakuru barimo n’abami bane.

Abo bami ni Mwami Bashali Mokoto uyobora ahitwa Bashali, icyegera akaba n’intumwa y’umwami Kakindi uyobora ahitwa Bwito muri Rutshuru, umwami Butsitsi Kahembe IV uyobora Bukumu n’umwami Kalinda uyobora Buhunde.

Mbere y’aho, hari ku wa Kane, yari yaganiriye n’abanyamadini bo muri Kivu ya Ruguru, bukeye bw’aho aganira n’abo basaza bubahwa cyane mu bice bayobora.

Ibiganiro agirana nabo bigamije ahanini kumva ibitekerezo byabo ku biri kubera mu gace batuyemo, ni ukuvuga muri Kivu ya Ruguru, akumva n’inama bamugira zatuma amenya uko yitwara.

Inararibonye 30 nizo yaganiriye nazo mu gihe cy’iminota 45, ibiganiro byitabiriwe n’abandi bantu bavuga rikijyana bo mu bice bigize iriya Ntara.

Umwami wa Bukumu witwa Butsitsi Kahembe IV yabwiye RFI ko ingingo batsinzeho zirimo umutekano, amajyambere n’uburyo ubuyobozi bushya bugenga iriya Ntara bwakorana neza n’abanyamadini n’abandi bakomeye bahafite ijambo.

Baganiriye kandi ku byakorwa ngo impunzi zitahuke, abantu basubire mu byabo ntacyo bikanga.

Abayobozi baganiriye na Joseph Kabila bamusabye ko yakora uko ashoboye mu bunararibonye bwe n’ijambo afite nk’umuntu wigeze kuyobora igihugu, agatuma hagaruka amahoro arambye.

Umwami Kahembe avuga ko icyo ari cyo basabye Kabila kandi bafite icyizere ko azabikora.

Muri iyi mpera y’Icyumweru, Joseph Kabila azahura n’abandi bavuga rikijyana barimo n’abahagarariye sosiyete sivile.

Kabila ari gukora ibi atayobowe ko i Kinshasa bamuhigisha uruhindu kuko baherutse no kwemeza ko akurwaho ubudahangarwa nka Senateri kugira ngo haboneke uburyo bwo kumukurikirana bikozwe n’inkiko za gisirikare.

Kinshasa imushinja kugambanira igihugu binyuze mu gushinga umutwe wa AFC waje kwihuza na M23 bigakora ikiswe AFC/M23.

TAGGED:AbamiAFC/M23featuredIbiganiroInararibonyeKabilaKinshasaKivu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo
Next Article Rihanna Yapfushije Se
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?