Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2025 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwasabiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wayoboye icyo gihugu imyaka 18 kubera ibyaha birimo no kugambanira igihugu bumushinja.

Abamushinja bavuga ko burya ari Umunyarwanda yayoboye DRC ari intasi y’u Rwanda.

Umushinjacyaha wa gisirikare yasabiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila avuga ko nta mpamvu n’imwe yo kumugabanyiriza igihano ahubwo ko akwiye guhita atabwa muri yombi.

Ibyaha aregwa birimo iby’intambara, gushyigikira imitwe y’iterabwoba n’ubugambanyi harimo gushinga AFC/M23.

Lt.Gén Likulia Bakumi Lucien-René ukuriye ubushinjacyaha yavuze ko ibyagendeweho bashinja Joseph Kabila harimo amagambo yavuzwe na Eric Nkuba, umwe mu bo hejuru muri AFC/M23 wafatiwe muri Tanzania ashyikirizwa Congo.

Andi ni aya Muhindo Nzangi, aya Kikaya Bin Karubi, raporo yakozwe na BCNUDH, ibyagaragajwe n’urwego rwa UN rushinzwe uburenganzira bwa muntu n’amagambo ya Joseph Kabila ubwe.

Bakumi yavuze ko asabira Kabila igihano cy’urupfu ku cyaha ashinjwa cyo gukora ibyaha by’intambara, kwica abantu ku bushake, icyaha cy’intambara cyo gufata abagore ku ngufu, icyaha cy’intambara cyo gushimuta abantu, icyaha cy’intambara cy’iyicarubozo n’icyaha cy’intambara ku bikorwa remezo birinzwe.

Lt.Gén Likulia Bakumi yavuze ko ku cyaha cy’icengezamatwara za politiki zangisha Leta (apologie), asabira Joseph Kabila igifungo cy’imyaka 20, ariko icyaha cy’ubugambanyi amusabira icy’urupfu, kugambana bigamije gukuraho Leta amusabira igifungo cy’imyaka 15, gushinga umutwe witwaje intwaro amusabira igihano cy’urupfu.

Ibijyanye no kwambura ubwenegihugu Joseph Kabila, ubushinjacyaha bwa gisirikare bwavuze ko ibyo bizafatwaho icyemezo na Guverinoma ya Congo.

Joseph Kabila araburana atari mu gihugu nyuma yo kwerekeza iy’ubuhungiro aho bivugwa ko ari muri Afurika y’Epfo.

Aheruka kugaragara muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo ahagenzurwa na AFC/M23, nubwo we yavuze ko ibyo arimo ntaho bihuriye n’uyu mutwe urwanya Leta ya Congo.

TAGGED:CongoDRCfeaturedIgihanoIntambaraKabilaM23Urupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba
Next Article Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?