Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Afitiye Icyizere Ubuhuza Bwa Amerika Mu Kibazo Na DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Afitiye Icyizere Ubuhuza Bwa Amerika Mu Kibazo Na DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2025 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame mu kiganiro n'itangazamakuru
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko ubuhuza buherutse gukorwa na Leta zunze ubumwe z’Amerika mu kibazo u Rwanda rumaranye igihe na DRC buzatanga umusaruro abandi bananiwe kugeraho.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu niho yabivugiye, anenga ko ubundi buhuza bwabigerageje mbere hose.

Kagame avuga ko imwe mu mpamvu zatumye abo bose batagera ku buhuza ari uko barebaga ku ngingo y’ubukungu gusa, bakirengagiza izindi zikomeye ari zo umutekano na politiki.

Kuri we, kwirengagiza umutekano na politki nka zimwe mu ngingo zikomeye zo guhuza abahanganye byakomye mu nkokora imitunganyirize y’amasezerano y’amahoro.

Ati: “Mbere y’uko amasezerrno asinywa, bigizwemo uruhare na Amerika, ese ubundi butegetsi bwo Amarika cyangwa abandi haba mu Burayi, n’ahandi bakoze ngo ibi bihagarare? Ayandi masezerano yabayeho yatanze ikihe gisubizo ku bibazo byari ho?”

Avuga ko u Rwanda rushima ko noneho ubutegetsi bwa Trump bwo bwaje butanga igisubizo gikomatanyije, gitanga igisubizo ku mutekano w’u Rwanda.

Kagame ashima ko iki gisubizo byibura cyabonye ko hari ibyo u Rwanda rusaba kikabiha agaciro, akemeza ko niyo kitagira umusaruro gitanga ariko byibura cyatanzwe, ahasigaye hakaba ah’abo kireba ngo bagishyire mu bikorwa.

Kagame avuga ko mu gukemura ibi bibazo hagomba kubaho gushyira mu gaciro, abantu bakagira ibyo bahabwa, ariko bakagira n’ibyo bigomwa.

Yongeye kuvuga ko u Rwanda rutazigera na rimwe rwirengagiza FDLR kuko yabaye ikibazo ku Rwanda n’ubu ari ikibazo kandi ko nikomeza kuba ikibazo nabwo bizahagurutsa u Rwanda.

Umukuru w’igihugu avuga ko u Rwanda rwo rutazabura gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje kugira ngo amahoro agaruke nk’uko rwabyiyemeje.

TAGGED:DRCFDLRfeaturedIbiganiroIkiganiroKagameRwandaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Batangije Ikoranabuhanga Ricungira Hamwe Ubucuruzi
Next Article Za Bituga, Abapfumu… Kagame Yakebuye Abo Muri Siporo Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?