Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ari Muri Amerika Mu Kwifatanya Mu Gusengera Iki Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Muri Amerika Mu Kwifatanya Mu Gusengera Iki Gihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2024 7:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame na Madamu we baraye i Washington D.C aho bitabiriye igikorwa ngarukamwaka cyo gusengera iki gihugu.

Nyuma yo kwitabira iri sengesho ritegurwa n’Ibiro by’Umukuru w’Amerika, Perezida Kagame azitabira umunsi wahariwe Abanyarwanda baba mu mahanga, Rwanda Day, uzabera i Washington DC.

Uzaba kuri uyu wa Gatanu no ku wa Gatandatu ni ukuvuga hagati y’itarliki 02-03, Gashyantare, 2024.

Amasengesho yo gusengera Amerika ni ngarukamwaka. Yiswe National Prayer Breakfast akaba ari bube ku nshuro ya 71.

Aba ku wa Kane w’Icyumweru cya mbere cya Gashyantare buri mwaka guhera mu mwaka wa 1953.

Yitabirwa na Perezida w’Amerika, abanyapolitiki bakomeye n’abacuruzi, abo muri sosiyete sivile n’abandi banyacyubahiro bakomeye ku isi baba basanzwe ari incuti z’Amerika.

Ku byerekeye Rwanda Day, Perezida Kagame azahura n’Abanyarwanda baba muri Amerika n’ahandi haturanye naho kugira ngo baganire ku iterambere ry’igihugu cyabo n’uruhare rwa buri wese muri ryo.

Iyi Rwanda Day ibaye habura amezi make ngo Abanyarwanda n’inshuti zabo bibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, babyibuke ku nshuro ya 30.

Mu mpeshyi y’uyu mwaka kandi Abanyarwanda bazatora Perezida wa Repubulika n’Abadepite ndetse bizihize n’isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Rwanda Day ni igikorwa kimaze guhuriza Abanyarwanda mu mijyi ya Brussels(Ububiligi), Chicago(Amerika), Paris( Ubufaransa), Boston( Amerika), London( Ubwongereza), Toronto( Canada), Atlanta( Amerika), Dallas( Amerika),  Amsterdam( Ubuholandi), San Francisco(Amerika), Ghent( Ububiligi|) na Bonn( Ubudage).

Igihugu ‘Rwanda Day’ yabereyemo kurusha ibindi ni Amerika kuko imaze kuhabera inshuro enye, ikaba igiye kuhabera ku nshuro ya gatanu mu nshuro 13 izaba ibaye.

Abanyarwanda baba muri Afurika baherutse gusaba ko Rwanda Day yazabera muri kimwe mu bihugu by’uyu mugabane ariko ntibirakorwa.

TAGGED:AbanyarwandaDayfeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Imibiri 182 Imaze Kuboneka Mu Ngo Z’Abaturage
Next Article Perezida Wa Pologne Arateganya Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?