Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga Afurika Ikeneye Aho Yerekanira Ubuhanga Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Asanga Afurika Ikeneye Aho Yerekanira Ubuhanga Mu Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2022 6:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku nshuro ya mbere, muri Afurika habereye inama mpuzamahanga yiga uko ikoranabuhanga rigendanwa ryakomeza gutezwa imbera ku isi no muri Afurika by’umwihariko. Perezida Kagame yavuze ko buryo urubyiruko rw’Afurika ruzi ikoranabuhanga ariko rubura aho rubyerekanira.

Ubusanzwe ikoranabuhanga rigendanwa ntirishoboka hatari murandasi. N’ubwo muri rusange abantu bakuru muri Afurika bafite ibyuma bikoresha ikoranabuhanga, ikibazo gihari ni uko bitagezweho kandi bikaba bitanakoresha murandasi.

Perezida Kagame avuga ko n’ubwo kugira ibikoresho by’ikoranabuhanga ari byiza, ariko ngo birushaho kuba byiza no gutanga umusaruro iyo bifite murandasi kugira ngo bikore byinshi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo, u Rwand rwashinze ikigo kitwa Kigali Innovation City, kikaba ari ikigo gifite intego yo guhugura abantu mu ikoranabuhanga kugira ngo barikoreshe bahanga udushya.

Kagame avuga ko u Rwanda atari rwo rwihariye abahanga mu ikoranabuhanga gusa kuko n’ahandi muri Afurika bahari ahubwo babura ahantu heza, hafite ibikenewe byose kugira ngo ubumenyi urubyiruko rw’uyu mugabane rufite bububyaze umusaruro.

Ati: “ Urubyiruko rwacu rufite byinshi ruzi kandi rwiteguye  kubyaza umusaruro, igisigaye ni ibitureba. Dukore uruhande rwacu.”

Perezida Kagame kandi avuga ko mu guteza imbere ikoranabuhanga rigendanwa, ari ngombwa ko buri wese arigiraho amahirwe, ntiriharirwe bamwe ngo abandi basigare batazi iyo biva ni iyo bijya.

Kuri we, umuntu wese agomba kugira uburyo runaka akoreshamo ikoranabuhanga ku bushobozi bwe, hatitawe ku gitsina afite, aho atuye, ndetse n’amashuri yize.

Ku rundi ruhande ariko, Perezida Kagame avuga ko uruti rw’umugongo rw’ibi byose ari imiyoborere myiza, itagira uwo iheza inyuma.

Ibyaha bikoresha ikoranabuhanga nabyo bireze…

Muri Nyakanga, 2022, mu Rwanda hateraniye Inama mpuzamahanga  yahuje abakora ubugenzacyaha ku byaha by’ikoranabuhanga.

Intego yari ukurebera hamwe uko bakomeza gukorana kugira ngo babitahure, babikumire ndetse babigenze.

Yatangijwe na Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr Emmanuel Ugirashebuja, ariko yanitabiriwe n’abayobozi barimo Umunyamabanga mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, (Rtd) Col Jeannot Ruhunga, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’abandi bayobozi.

Hari ku wa Mbere Taliki 18, Nyakanga, 2022.

Abayitabiriye baganiriye uko barushaho kunoza imikoranire mu gukumira biriya byaha, hakarebwa uko iryo koranabuhanga ryakoreshwa kugira ngo abakora ibyaha batahurwe cyane cyane ko kugenza  ibi byaha bigoye.

Abahanga mu ikoranabuhanga bahora biba cyangwa bagerageza kwiba ibigo by’imari, abantu ku giti cyabo binyuze mu kumenya amagambo y’ibanga bakoresha babikuza amafaranga n’ibindi n’ibindi.

Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) y’umwaka wa 2020/21 warangiye ku wa 30 Kamena 2021, igaragaza ko yabashije guhagarika ibitero 74, 243 yagabweho mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Hari n’abakora k’uburyo binjira mu mashini zibitse amabanga akomeye bamara kuzigeramo bakabuza abari basanzwe bazikoresha kuzinjiramo, bakababwira ko kugira ngo binjiremo bari bubanze bakishyura amafaranga runaka kandi mu madolari y’Amerika.

Mu Ukuboza, 2021, Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwaburiye abaturage bishyura bakoresheje amakarita (visa cards) ko hari ubujura busigaye bubakorerwa.

Buterwa n’uko hari abantu babona imibare ikoreshwa na ba nyiri ariya makarita.

Itangazo ry’uru rwego ryavugaga ko hari abantu barugejejeho ibirego bavuga ko babona amafaranga ava kuri konti zabo nta ruhare babigizemo.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye Abanyarwanda kwirinda ubujura bw’imibare igaragara kuri aya makarita kuko hari abayiba bakagura ibintu kuri murandasi ba nyiri amakarita batabizi.

Iperereza ry’ibanze uru rwego rwakoze nyuma yo kugezwaho biriya birego, ryagaragaje  ko hari bamwe mu bashinzwe kwishyuza abakiliya cyane cyane mu mahoteli na za resitora bakoresheje imashini za POS biba imibare ya za konti n’imibare y’ibanga (PIN Code) iba yanditse kuri ayo makarita  y’abakiliya batabizi.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry icyo gihe yavuze ko  abishyuza abakiliya serivisi babasanga aho baba bari bakabasaba kwishyura.

Iyo umukiliya akoresha ikarita ya Banki mu kwishyura arayitanga uwishyuza akajya kuvanaho amafaranga umukiliya atamureba.

Ngo muri uko  kuyitwara nibwo uwishyuza afotora imibare igaragara ku ikarita imbere n’inyuma, yarangiza ikarita akayisubiza nyirayo.

Hanyuma uwibye iyi mibare (uwishyuzaga) akajya ayikoresha mu kugura ibikoresho bitandukanye kuri murandasi (online shopping).

Nyirayo ahita atangira  kubona ubutumwa bugufi kuri telefoni ye  ko amafaranga ava kuri konti ye ya Banki atabigizemo uruhare.

Izi ngero dutanze haruguru ni nke ugereranyije n’uko ikibazo cy’ubujura bukoresha ikoranabuhanga kimeze mu Rwanda n’ahandi ku isi.

 

TAGGED:AfurikaBankifeaturedIkoranabuhangaKagameUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uvugwaho Kuba Umunyamwanda Kurusha Abandi Ku Isi Yapfuye Afite Imyaka 94
Next Article Airtel Africa Irashaka Gutera Inkunga Abanyempano Mu Kuririmba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?