Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2024 9:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko aho uburezi mu Rwanda bugeze ari heza ariko hakiri byinshi byo gukora ngo bugere ku rugero rwo hejuru, rwifuzwa.

Bikubiye mu ijambo yagejeje ku baje mu muhango wo kurahira kwa Minisitiri w’uburezi mushya witwa Joseph Nsengimana.

Kagame avuga ko uburezi bw’u Rwanda bugeze ahantu ho kwishimirwa mu kuzamura iterambere ry’abarutuye.

Avuga ko iyo uburezi butejwe imbere bugira uruhare rutaziguye mu kuzamura imibereho myiza, bigakorwa binyuze mu kuzamura ubumenyi buva hirya no hino ku isi.

Ati: “Ibiva mu burezi birafasha kandi ibijyanye n’uburezi ni ibintu tuvoma ari mu gihugu cyacu mu bushobozi bwacu ariko tuvoma no hanze. Hari ibijyanye n’u Rwanda rwacu ubwarwo hari n’ibijyanye no kumenya isi n’abandi bayituye n’imikoranire,  byose bitungana iyo uburezi bugenda neza mu gihugu,  bugategura abantu kugira ngo bahangane n’ibibazo bitandukanye by’isi ariko noneho banabishingireho biyubaka mu majyambere n’ibindi.”

Nubwo ubwo burezi bwazamutse nk’uko Perezida Kagame abivuga, ku rundi ruhande avuga ko bidahagije.

Yunzemo ati: “Uburezi bwacu bumaze gutera intambwe ariko ntabwo bwari bwagera aho twifuza cyangwa se hashimishije bitewe n’ibyo tubona hirya no hino”.

Yaboneyeho kugira inama Minisitiri mushya w’uburezi y’uko inshingano ze ari ngari kandi zikomeye, ariko amwizeza ko atazakora wenyine.

Ngo si inshingano zimureba wenyine ahubwo azazifatanya n’abandi bakorana muri Guverinoma.

Kagame asanga ubufatanye ari ngombwa kugira ngo uburezi butere imbere.

Ku wa 11, Nzeri, 2024 ni bwo Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi asimbuye Gaspard Twagirayezu wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure.

Yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cya Mastercard Foundation, ari umuyobozi ushinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga.

Mu muhango wo kwakira indahiro ya Minisitiri w’uburezi Joseph Nsengimana

Mbere yo gukorana na Mastercard, Joseph Nsengimana yakoraga mu kigo cy’Abanyamerika cy’ikoranabuhanga, Intel Corporation.

Intel Corporation ni ikigo cy’Abanyamerika gikora gahunda za mudasobwa zikorana n’iby’uburezi n’ubucuruzi, kikagira icyicaro mu Mujyi wa Santa Clara muri Leta ya California.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaKagameMinisitiriNsengimanaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Hubatswe Ibiro By’Umurenge Birusha Ubwiza Iby’Uturere Twinshi
Next Article Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?