Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaganiriye Na Clinton Ku Mubano W’u Rwanda N’Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Clinton Ku Mubano W’u Rwanda N’Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2024 4:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mbere yo gukorana ikiganiro n’itangazamakuru yabanje kugirana ikiganiro na Bill Clinton waje uhagarariye itsinda ryoherejwe na Guverinoma y’Amerika mu Kwibuka ku nshuro ya 30.

Ubwo yavuganiraga n’abanyamakuru yababwiye ko yaganiriye na Clinton ibyerekeye umubano hagati y’u Rwanda na Amerika.

Kagame yavuze ko mu byo yaganiriye na Clinton harimo no ku nyito idahwitse Blinken yakoresheje ubwo yafataga mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iyo mvugo ikaba itakiriwe kimwe kuko hari aho ivuga ko ifashe mu mugongo Abahutu, Abatwa n’Abatutsi.

Ku rukuta rwa X rw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda handitse ko mu bindi aba banyacyubahiro baganiriyeho harimo n’uko umubano hagati ya Kigali na Washington wakomeza kuzamuka.

Baganiriye kandi no ku kibazo cya M23 ndetse n’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Mu butumwa buri kuri X ya Perezidansi y’u Rwanda handitse ko muri ibyo biganiro hashimangiwe ko umubano hagati y’ibihugu byombi wakomeza ariko “mu bwubahane”.

Mu kiganiro Perezida Kagame yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Mbere yavuze ko hashize imyaka 29 ni ukuvuga mu mwaka wa 2015 asabye Amerika kubaha umunsi Abanyarwanda bibukiraho Abatutsi bazize Jenoside, bakirinda kubavangira ngo bazane ibindi bihabanye n’igisobanuro cy’italiki ya 07, Mata, buri mwaka.

Mu ibaruwa Guverinoma y’u Rwanda yandikiye iya Amerika, icyo gihe yavuze ko Amerika cyangwa undi uwo ari we wese ashobora kugira icyo ashinja cyangwa anenga u Rwanda mu yindi minsi y’umwaka ariko ko ku italiki yavuzwe haruguru, isi yose iba igomba kubaha impamvu uwo munsi wihariye ku Banyarwanda.

Bill Clinton niwe wayoboraga Amerika ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yigeze kwerurira isi ko Amerika n’amahanga muri rusange batakoze ibyari bikwiye ngo bahagarike Jenoside kandi ko ibyabaye mu mateka ntawabisiba.

Icyakora yavuze ko igisigaye ari ugufasha abayirokotse kwiyubaka kugira ngo, noneho, babeho ntawe ubatera ubwoba kandi babeho bateye imbere.

Nasabye Abanyamerika Kujya Baduha Amahoro Ku Munsi Wo Kwibuka- Kagame

TAGGED:AbatutsiClintonfeaturedJenosideKagameUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ethiopia Yahawe Ahantu Mu Rwanda Ho Kubaka Ambasade
Next Article Umunsi Abisilamu Bazarangiriza Igisibo Watangajwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?