Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaganiriye Na Emmanuel Macron Ku Mutekano Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Emmanuel Macron Ku Mutekano Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2024 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we uyobora Ubufaransa Emmanuel Macron baganira ku ngingo zitandukanye zirimo uko umubano hagati ya Kigali na Paris warushaho gutezwa imbere no mu zindi nzego.

Ku rukuta rwa Perezidansi y’u Rwanda handitseho ko Kagame na Macron baganiriye ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, igice gituranye n’u Rwanda mu Burengerazuba bwarwo bushyira Amajyaruguru.

Kagame aherutse kubwira abanyamakuru ko umubano hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa umeze neza kandi ko ibihugu byombi bikorana muri byinshi.

Icyo gihe hari taliki 08, Mata, 2024 .

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko n’ubwo umubano warwo n’Ubufaransa umeze neza, hari bamwe mu banyapolitiki bo mu Bufaransa baheranywe n’amateka mabi yaranze u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside n’Ubufaransa.

Yagize ati: “ Umubano wacu hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa ni mwiza kandi wabaye mwiza mu bihe bya vuba aha. Icyakora inyuma y’ibyo hari amateka maremare arebana n’ibyabaye mu myaka 30 ishize”

Muri rusange ariko Perezida Kagame avuga ko umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa ari mwiza, akavuga ko abakomeje gutekereza ku byahise batagombye gukoma mu nkokora umubano hagati y’ibihugu byombi cyane cyane ko abaturage b’Ubufaransa, nk’uko abivuga, ari abantu bashyira mu gaciro.

TAGGED:DRCfeaturedIkiganiroJenosideKagameMacronRwandaUbufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Wa Inyarwanda ‘Yarabuze’
Next Article Nyamagabe: Beretswe Uko Umubu Ukura Kugeza Ushoboye Gutera Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Tshisekedi Arabwira Inteko Iby’Ingenzi Aherutse Kwemeranya Na Perezida Kagame

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu mahanga

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?